BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Nyarugenge: Batawe muri yombi bazira kwiba imikufi mu imurikagurisha

Nyarugenge: Batawe muri yombi bazira kwiba imikufi mu imurikagurisha

sam
Last updated: May 13, 2025 2:16 pm
sam
Share
SHARE

Polisi y’Umujyi wa Kigali yataye muri yombi abagabo babiri bakekwaho kwiba umwe mu bitabiriye imurikagurisha ry’Abanyamisiri, Amuri Yusufu.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire, yatangaje ko bakekwaho kwiba ibirimo Imikufe, amasaha, amashanete, impeta, bifite agaciro ka miliyoni 15 Frw.

CIP Gahonzire yasobanuye ko abo batawe yombi bari bagiye muri iryo murikagurisha ku Cyumweru, rifunze imiryango bo ntibataha bararamo ari bwo bibye ibyo bicuruzwa by’Umunya-Misiri witwa Amuri Yusufu.

Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025, ubwo Abapolisi barinda ahabera iryo murikagurisha bafunguraga babonye umwe muri abo batawe muri yombi asohotse mu ihema afite ibyo bicuruzwa agira ngo baze kwivanga n’abandi baje muri iryo murikagurisha babone uko babisohokana.

Bombi bahise batabwa muri yombi ndetse bamera ko ibyo bicuruzwa bari babyibye bahita bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge, mu gihe ibyari byibwe byasubijwe nyirabyo.

CIP Gahonzire yibukije abitabira iryo murikagurisha ko umutekano wabo urinzwe kandi batazihanganira abashaka gutwara utw’abandi.

Ati “Turihanangiriza abantu bose bafite ingeso yo kwiba kuyicikaho kuko inzego z’umutekano ziri mu maso kandi ko ntaho bazazicikira. Abaturage baributswa gutanga amakuru no kugana inzego z’umutekano bagatanga ibirego igihe bahuye n’ikibazo cy’ubujura.”

Mu Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, mu ngingo ya 166 havuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo cy’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni ebyiri, n’imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 y’iryo tegeko iteganya ko ibyo bihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira.

Ibihano byikuba kabiri kandi iyo kwiba byakorewe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu n’inyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro cyangwa kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

 

 

 

 

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Nyabihu: Abashumba batemanye umwe ahasiga ubuzima

1 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya Kabiri cy’Abanyarwanda barenga 790 bari barafashwe bugwate n’umutwe wa FDLR

2 Min Read
Mu Rwanda

Muri Bugesera Umugabo yapfiriye ku Kagali

1 Min Read
Mu Rwanda

Huye: Umukobwa w’imyaka 20 yatawe muri yombi akekwaho guta umwana we mu musarane  

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?