BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Yibutse ko muri Jenoside hari uwamuhishe aramugororera

Nyanza: Yibutse ko muri Jenoside hari uwamuhishe aramugororera

admin
Last updated: January 6, 2023 12:36 pm
admin
Share
SHARE

Umuturage wo mu murenge wa Busasamana, mu karere ka Nyanza yagiye gushimira  umuturage wo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza wamuhishanye n’umuvandimwe we bakarokoka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuryango wa Musare wageneye impano mucyecuru Nyirawumungeri

Kananura Musare Vincent de Paul mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi 1994 yari afite imyaka 14 y’amavuko, mu buhamya bwe avuga ko kurokoka kwe bitari byoroshye akemeza ko byagizwemo uruhare n’umuryango wa Magadeline Nyirawumungeri.

Ati “Hari umukobwa wabo waririmbanaga na mushiki wanjye mukuru, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 iba hagati bakora inama y’umuryango baramwohereza kudushaka ku musozi, ku bw’amahirwe aratubona aratuzana atugeza mu rugo rwabo, turahaba baratubanira baraturinda, baraturagira, baratugaburira baranadutunga tubana n’abana babo neza.”

Kananura ubu afite imyaka 43 y’amavuko arubatse afite abana batatu, nyuma y’imyaka 28 jenoside yakorewe Abatutsi ibaye yasubiye inyuma ajya gushimira uyu muryango awugabira inka, we akabibona ko ari uburyo bwo kubaka igihugu.

Yagize ati “Turi mu gihe cyo kubaka igihugu kandi gushima na byo numva ari umusanzu wanjye wo kubaka igihugu kuko hari abantu bumva ko “Abahutu” bose babaye babi kandi mu by’ukuri hari abagize uruhare no mu kurokoka kwacu kuko abantu bose habaho ababi n’abeza baturwanyeho niyo mpamvu natwe twagombaga kubashimira.”

Musare yagabiye inka uwamuhishanye n’umuvandimwe we igihe yahigagwaga ngo yishwe

Mukecuru Magadeline Nyirawumungeri w’imyaka 77 y’amavuko umutware we yitabye Imana, atuye mu mudugudu wa Remera mu kagari ka Mpanga ni mu murenge wa Mukingo ho mu karere ka Nyanza, asaba buri wese kubanira neza na mugenzi we

Ati “Abakiri bato babanire neza na buri wese ntibishimire ko atabaho.”

Sheikh Ismaël Ntawukuriryayo Vice president w’inama njyanama y’akarere ka Nyanza icyarimwe akanaba umuyobozi w’abayoboke b’idini ya Islam mu ntara y’Amajyepfo avuga ko ibi bikwiye kubera urugero abandi.

Yagize ati “Turasaba n’abandi banyarwanda muri rusange haba abo mu karere ka Nyanza n’ahandi bagire umutima wo gukora ineza n’abakorewe ineza bagire umutima wo gushima iyo neza.”

Abo mu muryango wa Kananura barokocyeye Kwa Magadeline ni babiri, Musare we akavuga ko hari abandi bantu atazi niba bakiriho agifitiye ideni bagize uruhare muguhisha mushiki we bari i Karongi azajya gushakisha baba batakiriho akaba yashimira umwuzukuru wabo.

Sheikh Ismaël yasabye ko Musare yabera abandi urugero

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • Bayiringire Jean Paul says:
    January 6, 2023 at 1:33 pm

    Ugirirwa ineza n’uwo yayigiriye aba agira Imana hari benshi bari baragabiranye barashyingiranye mugihe cya Genocide ntibabyibuka nkanswe kuririmbana uyu muryango n’uwo gushimirwa byagenzurwa neza ugashyirwa mubarinzi b’igihango nawe Musare urakoze kuzirikana n’abandi twareberaho.

    Reply
  • ayabosule says:
    January 6, 2023 at 4:55 pm

    uyu Imana rwose nawe imuhe umugisha, kuko hari ababafungisha ahubwo

    Reply
  • Fanuel Buregea says:
    January 6, 2023 at 5:46 pm

    Nukuri gushima nivyiza

    Reply
  • Iradukunda eram says:
    January 6, 2023 at 8:19 pm

    Nkuko byavuzwe mu nkuru, hari bamwe bitwaga abahutu icyo gihe batigeze barangwa nubugome ahubwo bakaba bararanzwe nibikorwa bya kimuntu. Rero kuko abaranzwe n’ubwicanyi aribo benshi kurusha abitandukanyije nabwo, dukwiye kumva ko ar’ubutwari kudakora ibyo bagenzi bawe bari gukora tugafata umwanya tugashimira abo tuzi bagize uruhare mukurokoka kw’abahigwaga.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?