BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Urukiko rwakuyeho igihano ku Banyamategeko bunganira abahoze muri FDLR

Nyanza: Urukiko rwakuyeho igihano ku Banyamategeko bunganira abahoze muri FDLR

admin
Last updated: October 25, 2022 2:18 pm
admin
Share
SHARE

Urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruri i Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda, rwakuyeho igihano cyari cyahawe abanyamategeko bunganira abahoze muri FDLR.

Abanyamategeko, Me Felix Nkundabatware, Me Ignace Ndagijimana, na Me Mbanziriza Adiel bahaniwe gutinza urubanza

Umucamanza ajya gutanga igihano cyo gutanga ihazabu y’ibihumbi maganabiri y’u Rwanda kuri buri munyamategeko, yashingiye ko Me Ndagijimana Ignace, Me Nkundabatware Felix na Me Mbanziriza Adiel barimo gutinza urubanza ku bushake.

Ni nyuma yaho umwe mu baregwa ufatwa nka kizigenza muri urubanza, Leopard Mujyambere agaragaje ko atabonye uko agera kuri dosiye y’ibyo aregwa ndetse akaba yarabonye iminota itanu gusa yo kuvugana n’umwunganizi we.

Umucamanza  yisunze ingingo z’amategeko atanga kiriya gihano.

UMUSEKE wamenye amakuru ko bariya banyamatego bandikiye Perezida w’urukiko bagaragaza ko bo ibyo basabwaga babikoze, Me Ignace Ndagijimana umwe muri batatu bari bahawe ibihano yabwiye UMUSEKE ko ibihano bari bahawe byavanweho.

Ati “Nta mpamvu yari ku bunganizi yari kwitirirwa gutinza urubanza.”

Me Ignace akomeza  avuga ko ikibazo cyazamuwe cyari icy’umuburanyi n’uburyo babayeho babateganyiriza kugera ku madosiye yabo

Ati “Ntabwo ibyo bibazo byarebaga abunganizi byarebaga imikorere ya gereza ari na byo twagaragaje mu gutambamira icyemezo, kuba urubanza ruhagaze atari impamvu z’abunganizi ahubwo ikibazo cyari imikorere ya gereza, ari nabyo uwasuzumye icyemezo cya Perezida yagaragaje koko nta mpamvu zari ku bunganizi zo gutinza urubanza.”

Ikibazo cy’ubushobozi bigendanye ko abo bunganira bunganirwa nk’abadafite ubushobozi cyagarutsweho ubwo bari mu iburanisha riheruka, Me Ignace avuga ko ku bijyanye no gufasha abunganizi n’urubanza rurerure ibyo ngo babishyikirije Urugaga rw’Abavoka bari kubikurikirana.

Ati “Bari gufatanya na Minisiteri y’Ubutabera ngo bareba uko batugenera ubufasha twe abavoka turi gukurikirana ruriya rubanza kandi twabagejejeho icyo kibazo.”

Muri uru rubanza kandi reregwamo abantu batandatu bahoze muri FDLR aba banyamategeko bamwe muri bo bumvikanye ko bagomba guhita bikura muri uru rubanza.

Me Ignace yabajijwe niba bazakomeza kurukurikirana ati “Icyari kibangamye cyo gucibwa amande wabonaga adafite  aho ashingiye cyavuyeho bityo n’ubundi twiyemeje kuruburana tuzakomeza rwose.”

Abaregwa aribo Mujyambere Leopord alias Musenyeri, Habyarimana Joseph, Habimana Marc, Ruzindana Felecien, Habimana Emmanuel na Mpakaniye Emelien bose bari mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR bari abasirikare bakuru muri uwo mutwe w’iterabwoba uvuga ko urwanya Leta y’u Rwanda, umukuru yari afite ipeti rya General umuto afite ipeti rya Lietonant Colonel.

Baburanira mu rugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruri i Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda, baregwa ibyaha bitatu aribyo kuba mu mitwe y’iterabwoba y’ingabo itemewe,kurema umutwe w’ingabo utemewe n’icyaha cyo kuba mu mitwe w’iterabwoba n’ubugambanyi.

Niba nta gihindutse iburanisha rizasubukurwa kuwa 29/11/2020 UMUSEKE uzakomeza gukurikirana uru rubanza kugeza rupfundikiwe.

Nyanza: Urukiko rwahannye Abanyamategeko batatu bunganira abahoze muri FDLR 

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?