BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Umwana yarohamye mu cyuzi ari kogana n’abandi

Nyanza: Umwana yarohamye mu cyuzi ari kogana n’abandi

admin
Last updated: September 7, 2022 4:27 pm
admin
Share
SHARE

Inkuru y’urupfu rwa  Chanceline USANASE w’imyaka  icyenda yamenyekanye mu masaha ya mu gitondo ahagana i saa tatu kuri uyu 07 Nzeri 2022, yaguye mu cyuzi cya Bishya.

Mu mutuku ni mu Karere ka Nyanza

Mu mudugudu wa Nyamiyaga, mu Kagari ka Gacu, mu Murenge wa Rwabicumu, mu Karere ka Nyanza haravugwa urupfu rw’umwana w’imyaka icyenda warohamye mu mazi ari kogana n’abandi.

Yari yajyanye n’abandi bana koga ararohama arapfa nk’uko Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza ufite mu nshingano imibereho myiza Kayitesi Nadine yabibwiye UMUSEKE.

Ati “Yari kumwe n’abandi bana bagera kuri batanu bari koga bacitse iwabo, uwo rero ararohama yitaba Imana aho muri Bishya.”

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko Umurambo wa nyakwigendera wakuwe muri iki cyuzi cya Bishya ujyanwa ku Bitaro bya Nyanza kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Ababyeyi ba nyakwigendera batuye mu Murenge wa Cyabakamyi. Usanase  Chanceline waguye  mu Murenge wa Rwabicumu yari yaje gusura nyinawabo.

Uretse icyuzi cya Bishya humvikanye inkuru mbi none, si ibishya ku barohama bakitaba Imana mu buryo butunguranye, ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza busaba ababyeyi gucunga abana babo bakamenya aho bari banababuza kujya koga ahantu nkaho hatwara ubuzima bw’umuntu.

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?