BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Umusore wari ugiye gufata ikote azambara mu bukwe yishwe n’igare

Nyanza: Umusore wari ugiye gufata ikote azambara mu bukwe yishwe n’igare

admin
Last updated: December 28, 2022 5:07 pm
admin
Share
SHARE

Impanuka y’igare yahitanye Umusore wari uritwaye, uwo yari ahetse arakomereka, yabaye taliki 25 Ukuboza 2022 gusa nyakwigendera yaguye mu Bitaro ku wa Kabiri.

Nyakwigendera yaguye mu muhanda uva ku Bigega werekeza mu mujyi wa Nyanza

Abasore batatu bavuye mu mudugudu wa Gituza, mu kagari ka Nyamure mu murenge wa Muyira, mu karere ka Nyanza berekeza mu mujyi wa Nyanza uherereye mu murenge wa Busasamana, gufata ikote rya mugenzi wabo ufite ubukwe.

UMUSEKE wavuganye n’umuryango wa nyakwigendera batubwira ko umwana wabo NDAYAMBAJE François w’imyaka 22 y’amavuko yari kumwe na bagenzi be babiri, atwaye mugenzi we n’undi wari witwaye ku igare.

Ngo bageze ku muhanda uva ku Bigega werekeza mu mujyi wa Nyanza imbere y’urusengero rw’itorero E.P.R, hari dodani bamwe batwaranye bikubita mu muferege (rigole).

Nyirasenge wa nyakwigendera yagize ati “NDAYAMBAJE yikubise hasi akuba ijosi yitsindikamo, yari agiye kuzana ikoti ryari kuzambarwa mu birori bya mugenzi we byo gusezerana mu murenge byari kuba taliki ya 29 Ukuboza 2022.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko nyakwigendera na mugenzi we bari bahekanye bajyanwe ku bitaro bya Nyanza ngo bitabwaho, ariko mu ijoro rya taliki 27 Ukuboza, 2022 NDAYAMBAJE yaje kwitaba Imana.

Mugenzi we bari bahekanye arwariye mu bitaro bya Nyanza.

NDAYAMBAJE François witabye Imana yari ingaragu, nta babyeyi yagiraga ubusanzwe akaba yakoraga ubuhinzi.

Uyu musore yapfuye agiye gufata ikote yari kwambara mu bukwe bwa mugenzi we

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • bwahika says:
    December 28, 2022 at 7:15 pm

    Inshuti ze nizihangane.Urupfu tugendana narwo.Tuge duhora twiteguye.Ni iki twakora?Ntitukumve ko ubuzima gusa ari ugushaka amafaranga,shuguri,politike,amashuli,etc…Nkuko imana yaturemye ibidusaba muli Matayo 6,umurongo wa 33,tujye dushaka ubwami bw’imana mbere ya byose,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi.Abumvira iyo nama,nibo imana izazura ku munsi wa nyuma,ikabaha ubuzima bw’iteka nkuko bible ivuga.Abibera mu by’isi gusa,bible yerekana neza ko batazazuka.Soma Abagalatiya 6 umurongo wa 8.Ntitukemere ababeshya ko upfuye aba yitabye imana.Siko bible ivuga.

    Reply
  • NI ESDRAS KU KAMONYI says:
    December 29, 2022 at 8:34 pm

    NI UKWIHANGANA UBWO NIKO IMANA YABISHATSE BURI WESE AFITE UKO AZAVA KU ISI BIKWIYE KUTWIGISHA NO KUTWIBUTSA KO MWISI TURI ABASHYITSI ATARIHO IWACU.NB;UWO MUKOBWA YIHANGANE AKORE IBYO GUKIRANUKA KU IHEREZO AZAMUBONA ATAGIPFA NIBA YARAKORAGA NEZA.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?