BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Umugore yahamagaye mugenzi we amubwira ko aryamanye n’umugabo we

Nyanza: Umugore yahamagaye mugenzi we amubwira ko aryamanye n’umugabo we

admin
Last updated: December 30, 2022 12:06 am
admin
Share
SHARE

Mu mudugudu wa Kidaturwa, mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza umugore yabyutse ajya kureba umugabo we, nyuma y’uko mugenzi we amubwiye ko  baryamanye mu nzu, ahageze biteza amakimbirane.

Umugore ageze kuri iyi inzu yihimuye ayimena ibirahure

Umunyamakuru wa UMUSEKE yageze kuri iyo nzu ahasanga abagore hanze n’abana bariho bashyira ibikarito mu idirishya ryahozemo ibirahure imiryango y’iyo nzu irangajwe.

Umwe mu bakurikiranye aya makuru yabwiye UMUSEKE ko muri ariya masaha, hari saa kumi n’imwe z’igitondo, yumvise induru yihutira gutabara.

Ati “Mpageze nasanze umugore (mukuru) ari kumenagura ibirahure, naho umugabo we aryamye ari kumwe n’undi mugore mu nzu, cyakora uwo mugore (ihabara) yahise abyuka aragenda, maze umugore atangira kurwana n’umugabo we.”

Amakuru atangwa n’inzego z’ibanze zo muri kariya gace avuga ko kugira ngo umugore amenye amakuru y’uko umugabo we aryamanye n’undi mugore mu yindi nzu, ngo byaturutse ku makuru yahawe n’uwo mugore wari uryamanye na we.

Ngirinshuti Jean Pierre umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Rwesero yabwiye UMUSEKE ati “Uwo mugore wari uryamanye n’uwo mugabo yahamagaye umugore we ngo ngwino urebe umwe wita umugabo wawe n’ubu turaranye, niko kuza amena ibirahure.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko uwo mugore yamaze igihe afunzwe maze uwo mugabo we babyaranye abana batatu, ahita yinjira uwo mugore bari kumwe mu nzu uyu munsi.

Umugore kandi wagiye kureba umugabo we aho afunguriwe, ngo umugabo yakomeje kumera nk’ufite ingo ebyiri kuko yararaga mu rugo ashaka.

Uriya mugore amaze kumena ibirahure by’inzu, ngo yahise ahamagara Polisi iraza ibatwarana n’umugabo  we, bajyanwa kuri sitasiyo ya polisi ya Busasamana.

UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?