BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Umugabo birakekwa ko yiyahuye kubera umubare munini w’amadeni yari afite

Nyanza: Umugabo birakekwa ko yiyahuye kubera umubare munini w’amadeni yari afite

admin
Last updated: October 28, 2022 12:22 am
admin
Share
SHARE

Umurambo w’umugabo wasanzwe mu mugozi yiyahuye, birakekwa ko yabitewe n’amadeni yarimo abantu, akabura ubwishyu.

Mu mutuku ni mu Karere ka Nyanza

Byabereye mu mudugudu wa Gihama, mu kagari ka Nyamiyaga mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, aho umugabo witwa Harerimana Frederick w’imyaka 34 y’amavuko wari umucumbitsi, abaturanyi be mu masaha ya mugitondo basanze umurambo we mu nzu yimanitse mu mugozi, yuririye ku isekuru bigakekwa ko yiyahuye.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza wungirije ushinzwe imibereho myiza Kayitesi Nadine, yabwiye UMUSEKE ko uriya mugabo bikekwa ko kwiyahura yabitewe n’ibibazo byinshi.

Ati “Havugwa byinshi, nk’abaturanyi bavugaga ko yabitewe n’amadeni, bashobora kuba baramwishyuje cyane bikamurenga, gusa umuntu ntiyabyemeza kuko ukuri ari we wari ukuzi.”

Ntihamenyekanye umubare w’amafaranga nyakwigendera yarimo abantu. Umugore we yari yaramutanye abana babiri bato, na byo bikekwa ko biri mu byatumye yiyahura.

Umwe mu bo yari afitiye ideni, ngo yamuhaye imyumbati y’amafaranga ibihumbi 180, arayigurisha ntiyamuha amafaranga, ubwo yamwishyuje yabuze icyo amwishyura.

RIB yatangiye iperereza ku rupfu rwe.

UMUSEKE wamenye amakuru ko nyakwigendera akomoka mu karere ka Nyamagabe, umurambo we ukaba wajyanwe ku bitaro bya Nyanza ngo ukorerwe isuzuma.

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bwasabye abaturage kudaheranwa n’ibibazo byabo kuko abantu basangira bakaganira ndetse n’ibibazo bigahabwa umurongo kurangiza ubuzima ntibikemura ibyo bibazo.

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • gatare says:
    October 28, 2022 at 9:43 am

    Abantu biyahura kubera UBUKENE ni benshi ku isi.Abenshi biyahuza umugozi.Iyi si yuzuyemo ibibazo byinshi:Ubukene,Intambara,Indwara,Akarengane,Ruswa,Kwikubira,etc…Amaherezo azaba ayahe?Kubera ko ubuyobozi bw’abantu budashobora gukemura ibyo bibazo,ahubwo akaba aribwo bubyongera,ku munsi w’imperuka ushobora kuba uri hafi,Imana izakuraho ubutegetsi bw’abantu ishyireho ubwayo nkuko Daniel 2:44 havuga.Niyo mpamvu Yesu yadusabye gushaka cyane ubwo bwami bw’imana,ntitwibere gusa mu gushaka iby’isi nkuko benshi bameze.Abumvira iyo nama,nubwo nabo bapfa,Imana izabazura kuli uwo munsi,ibahe ubuzima bw’iteka nkuko Yohana 6:40 havuga.Nawe haguruka ushake Imana,ubifatanye n’akazi gasanzwe,niba ushaka kuzarokoka kuli uwo munsi w’imperuka nkuko Imana igusaba muli Zefaniya 2:3.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho…

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?