BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: SEDO ntari guhembwa kubera gukoresha abaturage ibidakwiye

Nyanza: SEDO ntari guhembwa kubera gukoresha abaturage ibidakwiye

admin
Last updated: September 5, 2022 2:15 pm
admin
Share
SHARE

Umukozi ushinzwe imibereho myiza n’iterambera (SEDO) mu kagari ka Rwotso, mu Murenge wa Kibirizi yahagaritswe mu kazi by’agateganyo adahembwa kubera gukoresha abaturage ibidakwiye.

Ibiro by’Akarere ka Nyanza

Ihagarikwa mu kazi rya Diogene Masengesho ushinzwe imibereho myiza n’iterambera (SEDO) mu kagari ka Rwotso, mu Murenge wa Kibirizi mu karere ka Nyanza ryumvikanye mu kwezi kwa Kanama nk’uko Ntazinda Erasme Umuyobozi w’akarere ka Nyanza yabibwiye UMUSEKE .

Ati“SEDO ari mu gihano cyo guhagarikwa amezi atatu adahembwa kubera ko yagaragaweho amakosa yo mu kazi kandi amategeko agenga umurimo arabitwemerera, kandi narangiza igihano azagaruka.”

Amakuru avuga ko uyu muyobozi yafashe abaturage batatu abohereza gufata inguzanyo y’amafaranga ibumbi ijana y’u Rwanda (Frw 100, 000) buri umwe, kandi ayo mafaranga ubusanzwe ahabwa abatishoboye.

Yose hamwe uko bayafashe ari ibihumbi magana atatu y’u Rwanda (Frw 300, 000) igihe cyo kwishyura kigeze ubuyobozi bwishyuje abaturage na bo bati “Mujye kuyishyuza SEDO ni we twayahaye.”

Ntazinda avuga ko uriya muyobozi na we yemera ikosa.

Ati “Yavuze ko ikosa atazarisubira, ariko twaramuhannye kuko yafashe inguzanyo ntiyayishyura kandi yari yanayifashe mu buryo butari bwo.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko aho ubuyobozi bw’Akarere bubimenyeye yayishyuye.

Twashatse kuvugisha Diogene Masengesho uvugwaho ibi ntibyadushobokera kuko telefone ye ngendanwa ntiyabonetse.

Si ubwa mbere muri aka Karere humvikanye abayobozi bahabwa ibihano nk’ibi, ubuheruka higeze guhagarikwa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwabicuma, Ingabire Claire n’uwari ushinzwe uburezi muri uwo murenge.

Aba bakekwagaho kunyereza amafaranga ibihumbi mirongo irindwi na bitanu y’u Rwanda (Frw 75, 000) yari agenewe abarimu mu munsi mukuru wabo.

Ntazinda asaba abayobozi kwirinda amakosa kuko iyo bayakoze baba batanze urugero rubi kandi bibagiraho ingaruka zo guhagarikwa ntibahembwe cyangwa se bakaba bakwirukanwa.

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
6 Comments
  • lg says:
    September 5, 2022 at 4:01 pm

    Kuki batirukanwa cyangwa ngo bafungwe ko ibyo ali ubujura mubundi ubndi bagombye gushyikirizwa ubugenza cyaha ibyo nugushyigira ibisambo hali iamategeko ahana ibyaha mu Rwanda agomba kuba areba uwakoze ibyaha wese

    Reply
  • lg says:
    September 5, 2022 at 4:01 pm

    Kuki batirukanwa cyangwa ngo bafungwe ko ibyo ali ubujura mubundi ubndi bagombye gushyikirizwa ubugenza cyaha ibyo nugushyigira ibisambo hali iamategeko ahana ibyaha mu Rwanda agomba kuba areba uwakoze ibyaha wese

    Reply
  • Alias says:
    September 6, 2022 at 2:12 pm

    Erega kuba mutugari ntanishahara ifatika bahembwa ituma bishora mumakosa ngo babone amafaranga.

    Urugero gitif wa akagari ahembwa 80000
    Naho SEDO ahembwa 75000 knd bategetswe gutura who bakorera ayo amafaranga yatunga umukoze knd agasabwa gushyira umuturage kwisonga amasaha yose .ahubwo mukore ubuvugizi abakozi ba akagari bitabweho

    Reply
    • Anonymous says:
      September 6, 2022 at 7:17 pm

      Uziko usetsa!guhembwa make ntibivuze kugira amanyanga.iyo ubona umushahara utaguhagije usezera akazi

      Reply
  • Alias says:
    September 6, 2022 at 2:12 pm

    Erega kuba mutugari ntanishahara ifatika bahembwa ituma bishora mumakosa ngo babone amafaranga.

    Urugero gitif wa akagari ahembwa 80000
    Naho SEDO ahembwa 75000 knd bategetswe gutura who bakorera ayo amafaranga yatunga umukoze knd agasabwa gushyira umuturage kwisonga amasaha yose .ahubwo mukore ubuvugizi abakozi ba akagari bitabweho

    Reply
    • Anonymous says:
      September 6, 2022 at 7:17 pm

      Uziko usetsa!guhembwa make ntibivuze kugira amanyanga.iyo ubona umushahara utaguhagije usezera akazi

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?