BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Icyuma cyahaga abarwayi n’abaganga amata kimaze umwaka kidakora

Nyanza: Icyuma cyahaga abarwayi n’abaganga amata kimaze umwaka kidakora

admin
Last updated: August 1, 2022 8:29 pm
admin
Share
SHARE
Icyuma cyahaga amata abarwayi batishoboye n’abaganga bo mu Bitaro bya Nyanza kimaze umwaka urenga gihagaze. Ubuyobozi bw’Ibitaro buvuga ko bugiye gushaka igisubizo kugira ngo cyongere gikore.
Iki cyuma cyatangaga litiro z’amata 150 buri munsi, ubu kimaze umwaka kidakora
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyanza buvuga ko bwafashe iki cyemezo cyo kugura icyuma bazajya bashyiramo amata kugira ngo bufashe abarwayi batishoboye kubona amata banywa buri munsi.

Usibye kuyaha abarwayi, Ubuyobozi  buvuga ko ayo mata yafashaga n’abakozi bo kwa muganga kuko hari abahitagamo kuyanywa mu kiruhuko cya saa sita banga gutakaza amasaha y’akazi.

Umuyobozi mukuru w’Ibitaro bya Nyanza Superintendent  Dr Nkundibiza Samuel yabwiye UMUSEKE ko  bagize ikibazo cy’umukamo mukeya kuko bakeneraga litiro z’amata 150  buri munsi.

Yagize ati “Ubu twakoze inama dusaba uruganda rutunganya amata y’inshyushyu hano iNyanza kongera ingano y’amata rwaduhaga ku munsi turizera ko iki kibazo kitazarenza ukwezi iki cyuma kikongera gukora.”

Bamwe mu bakozi b’Ibitaro bavuga ko abarwayi batereranywe n’imiryango yabo aribo ayo mata yari afitiye  akamaro kanini cyane.

Umwe yagize ati ” Hari igihe byabaga ngombwa amata twahabwaga nk’abakozi bo kwa muganga, tuyaharira abarwayi batabaga bafite ababitaho.”

Uyu mukozi avuga ko umukamo wongeye kuboneka byafasha n’abakozi bataha kure kudakerererwa ku kazi.

Ati ”Abaganga bagira akazi kenshi iyo banyoye amata birabafasha.”

Umuyobozi wungurije ushinzwe Iterambere ry’Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka  Nyanza Kayitesi Nadine avuga ko kucyegurira Rwiyemezamirimo aribwo buryo bwiza bw’imikoreshereze y’iki cyuma.

Gusa akavuga ko bazabiganiraho n’Ubuyobozi bw’Ibitaro kugira ngo igisubizo kiboneke vuba.

Ati ”Ibitaro birigenga ku micungire y’umutungo wabyo cyakora twashakira hamwe igusubizo.”

Ibitaro bya Nyanza byishyuraga ibihumbi 840 litiro z’amata abarwayi n’abakozi bo kwa muganga babaga banyoye buri kwezi.

Iki cyuma cyatangiye gukora muri Nyakanga umwaka  wa 2021.

Icyumba iki cyuma giteretsemo gihora gifunze.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyanza buvuga ko bugiye gushaka igisubizo kugira ngo iki cyuma cyongere gukora
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Nyanza
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?