BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Abaturage b’i Gahanda baruhutse kuvoma amazi mabi

Nyanza: Abaturage b’i Gahanda baruhutse kuvoma amazi mabi

admin
Last updated: December 14, 2022 9:21 am
admin
Share
SHARE

Abaturage batuye mu mudugudu wa Gahanda, mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, baracinya umudiho bishimira amazi meza bahawe nyuma y’igihe ntayo bagiraga.

Amazi meza yatanzwe n’umufatanyabikorwa mu rwego rwo gushyira mu bikorwa imihigo ya Perezida Paul Kagame yo kugeza amazi meza ku baturage

Bariya baturage bahawe amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka wa 2022, n’umufatanyabikorwa witwa Umbrella for Vulnerable.  Gusa kuko nta mazi bagiraga ayo bakoreshaga bayavomaga mu mugezi witwa Ntaruka.

Icyo gihe bahise basaba amazi meza kuko bari bayakeneye cyane.

Umuyobozi wa Umbrella for Vulnerable, Sheikh Saleh HABIMANA avuga ko ibyo bakoze byo kubazanira amazi ari ugushyira mu bikorwa imihigo ya Perezida Paul Kagame ko mu mwaka wa 2024 ahantu hose hazaba hafite amazi n’umuriro w’amashanyarazi.

Yagize ati “Twe Abanyarwanda kugira ngo iriya mihigo igerweho tugomba kuyigiramo uruhare, dukoze ibyo twatumwe kuko abaturage bakira urumuri (amashanyarazi) basabye amazi, none turayabahaye.”

Abayobozi bagiye gusura aho amazi azajya aturuka

Yavuze ko bashimira Perezida Paul Kagame wabahaye agaciro, bituma aho bakomanze bakingura.

I Gahanda ni mu cyaro, abaho bishimye bacinya umudiho kubera aya amazi babonye.

Mukarukundo Clarisse yabwiye UMUSEKE ati “Twe byaturenze, ibyo tubonye tubikesha ubuyobozi bwiza budahwema kudutekerereza ibyiza ubu tukaba duhawe amazi meza, hehe n’indwara zikomoka ku mwanda.”

Nyiramana Esther nawe ati “Ubu tugiye kujya tunywa amazi meza, ubundi ntibyabagaho twakoreshaga amazi mabi yo mu mugezi wa Ntaruka, ariko ubu turasubijwe tugiye kurangwa n’isuku kubera ubuyobozi bwiza.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Kajyambere Patrick avuga ko iyo basuraga abaturage ba Gahanda babagezagaho icyifuzo cy’amazi meza batagiraga, kuko aho bavomaga kuri Ntaruka habaga hari amazi mabi, kandi ari nakure.

Ati “Bafate neza ibi bikorwaremezo baba begerejwe, kuko iyo ugize amahirwe ukabona nk’aya mazi meza uba ugomba kuyafata neza.”

Umudugudu wa Gahanda utuwe n’ingo 237, ukagira abaturage 893,uretse amazi meza bahawe n’umukuru w’umudugudu wabo yubakiwe ibiro azajya akoreramo.

Abaturage bacinyiye umudiho bishimira amazi meza bahawe

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?