BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyamasheke: Imirasire y’izuba bahaye abaturage ntiyigeze itanga amashanyarazi

Nyamasheke: Imirasire y’izuba bahaye abaturage ntiyigeze itanga amashanyarazi

admin
Last updated: September 20, 2022 7:14 am
admin
Share
SHARE

Abaturage batuye ku kirwa cya Kirehe, mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko imirasire y’izuba bari bahawe n’Akarere gafatanyije na REG ngo ibakure mu icuraburindi yapfuye itamaze kabiri.

Bamwe bateri zakoranaga n’iyi mirasire bahawe zarapfuye

Ni mu mudugudu wa Kirehe, Akagari ka Rugali, mu murenge wa Macuba bavuga ko ababahaye imirasire babijeje ko izamara imyaka itanu.

Buri rugo mu ngo ziri ku kirwa cya Kirehe gituwe n’ingo zisaga 202, rwari rwahawe umurasire w’izuba mu kwezi kwa 10 mu mwaka wa 2020.

Gusa abaturage baganiriye n’ UMUSEKE badusabye kudatangaza amazinayabo, bemeza ko iyi mirasire imyinshi itagikora.

Umuturage umwe muri bo yagize ati “Iyi mirasire bayiduhaye batwizeza ko izamara imyaka itanu yaka, yazimye iyo myaka itaragera. Twasubiye mu icuraburindi.”

Avuga ko igisubizo kirambye ari uko bagezwaho umuriro w’amashanyarazi.

Undi muturage na we yunze mu rya mugenzi we, ati “Iyi mirasire baduhaye yarazimye dusubira ku gatadowa. Iyo bizimye nshana n’ikibingo.”

Imirasire bafite ngo nta nubwo yabafasha kubona umuriro wa telefoni

Hari uwabwiye UMUSEKE ko acana agatoroshi kubera ko imirasire bahawe yahise izima.

Abaturage bake basigaranye imirasire idakora ijana ku ijana. Nibura imirasire bari bahawe, igera kuri 60% yarazimye. Abagize iyo basigarana ngo usanga haka itara rimwe, nta bwo banabona umuriro wo gushyira muri telephone.

MUKAMASASABO Apolonie, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, avuga ko babizi ko mu mirasire y’izuba batanze hari iyangiye gupfa.

Ati “Turi gukorana na REG ngo bagire stock mu karere ka Nyamasheke amatara yapfuye gusimbuzwa bijye byihuta. Icyo dukora nk’ubuyobozi ni ugukurikirana kugira ngo byihutishwe.”

Basaba Leta kubaha amashanyarazi asanzwe kuko imirasire y’izuba yabo yapfuye
Ingo 202 zari zahawe imirasire y’izuba ku buntu

MUHIRE Donatien
UMUSEKE.RW /I NYAMASHEKE.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?