BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyamasheke: Bari mu munyenga nyuma yo guhabwa imashini yo kwiyogoshesha

Nyamasheke: Bari mu munyenga nyuma yo guhabwa imashini yo kwiyogoshesha

admin
Last updated: November 1, 2022 10:23 am
admin
Share
SHARE

Abaturage batuye ku kirwa cya kirehe mu Mudugudu wa Kirehe, Akagari ka Rugali, mu murenge wa Macuba muri Nyamasheke bari n’akanyamuneza nyuma yo guhindurirwa imirasire y’izuba no guhabwa imashini izajya ibafasha mu kwiyogoshesha.

Bahawe n’imashini ibafasha kwiyogoshesha, bambukaga i Kivu bajya gushaka abogoshi

Abatuye kuri iki kirwa buri rugo rufite umurasire w’izuba n’amatara yawo yaka neza, bashima Leta y’u Rwanda yatumye baca ukubiri n’imyotsi y’akatadowa.

Ni nyuma y’inkuru y’UMUSEKE aho abaturage bavugaga ko imirasire y’izuba bahawe yapfuye bikabasubiza mu icuraburindi.

Usibye icuraburindi ryari ihurizo rikomeye kubona aho biyogoshesha, byasabaga ko bakora urugendo bakambuka i Kivu bajya gushaka iyi serivisi.

Uciyimihigo Augustin w’imyaka 66 y’amavuko yavukiye kuri iki kirwa yagize ati” Amatara atugezeho, nambukaga i Kivu nkajya mu kirambo kwiyogoshesha ngatanga magana ane, kutworohereza tubyakiriye neza.

Nyirazaninka Langwida nawe ati “Umurasire bampaye wari warahagaze warapfuye ntabwo nabonaga uko ncana, ubu bampinduriye ndishimye ngiye kongera kugira urumuri munzu.”

Ntamushobora Samson umuyobozi w’Umudugudu wa Kirehe avuga ko abana bagorwaga no gusubira mu masono.

Ati “Ubu turacana ntakibazo, akarusho banaduhaye imashini yo kwiyogoshesha tutambutse tujya hakurya.”

Mu nkuru yo ku wa 20 Nzeri 2022 aba baturage bari babwiye UMUSEKE imbogamizi z’uko imirasire y’ingufu zikomoka ku zuba bari bahawe imwe muri yo yari yarazimye.

Mukamasabo Apolonie, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, yari yabwiye UMUSEKE ko babizi mu mirasire y’izuba batanze hari iyatangiye gupfa.

Icyo gihe yavuze ubuyobozi buri gukora ibishoboka byose amatara yapfuye akajya ahita asimbuzwa byihuse.

Ikirwa cya Kirehe gituwe n’ingo 245, zigizwe n’abaturage basaga 1140, uretse aya mashanyarazi hari n’ibindi bikorwa remezo birimo amashuri ,ivuriro ry’ibanze n’ibindi.

Nyamasheke: Imirasire y’izuba bahaye abaturage ntiyigeze itanga amashanyarazi

Bahawe imirasire y’izuba isimbura iyari yarapfuye

MUHIRE DONATIEN / UMUSEKE.RW i Nyamasheke

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?