BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Nyamasheke: Barashinja insoresore kubakorera urugoma bari mu myiteguro y’ubukwe

Nyamasheke: Barashinja insoresore kubakorera urugoma bari mu myiteguro y’ubukwe

admin
Last updated: August 14, 2022 1:58 am
admin
Share
SHARE

Abagabo babiri bo Murenge wa Ruharambuga, Akagari ka Kanazi mu Mudugudu wa Gashwati mu Karere ka Nyamasheke, barwariye mu Bitaro bya Bushengi nyuma yo gutemeshwa umuhoro n’insoresore zabakoreye urugomo bari mu myiteguro y’ubukwe. Ubuyobozi bwabwiye UMUSEKE ko hatawe muri yombi babiri bakekwa.

Ibiro by’Akarere ka Nyamasheke

 

Uwahaye amakuru UMUSEKE, yavuze ko  ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 11 Kanama 2022, ari bwo abo bagizi ba nabi bateze agaco abasore bane n’umugore umwe.

 

Yadutangarije ko  mu masaha ya mu gitondo  ari bwo insoresore zaje mu cyumba cyategurirwagamo ubukwe, bigagakekwa ko zibye ibitambaro.

 

Abo basore basabwe kuzana ibyo bitambaro maze na bo bavuga  ko batabitwaye ari naho haje kuva amakimbirane n’abateguraga icyumba.

 

Nyuma nibwo umwe mu basore ngo yashatse gukubita umwe muri izo nsoresore ari  nabwo baje kugirirwa nabi.

 

Uyu yagize ati “Ejo twarimo duteka mu bukwe ahantu hitwa i Gashwati, turangije ibyo guteka no gutegura (Decoration) mu bukwe, insoresore zari aho zitwiba imyenda yo gutegura (Decoration). Turabinginga, turababwira ngo uyizana turamuha 5000Frw, baranga.”

 

Abo bateguraga babwiye ababibye ko bagiye gukoresha ubundi buryo bwo kugana abavuzi gakondo kugira babafashe kugarura iyo myenda. Abo byakekwaga ko bayitwaye ngo “bahise bavuga ko bagiye kubakubita, baabamugaza.

 

Uyu waduhaye amakuru ati “Mu gihe cyo gutaha tugiye kugera ahantu hitwa i Bumazi, badukurikira n’amabuye, turahagarara. Twari  bane nanjye w’umudamu wa Gatanu. Baza badukurikiye ari batatu, nyuma hazamuka abandi batandatu bafite inyundo b’imihoro.”

 

Akomeza avuga ko abakomeretse ari babiri , umwe yatemeshejwe umuhoro undi akubitwa inyundo.

 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruharambuga, Hagabimfura Pascal yabwiye UMUSEKE ko amakuru bayamenye ndetse ko hamaze gufatwa babiri bakekwaho ubwo bugizi bwa nabi.

 

Yagize ati “Nibyo twarabimenye, hafashwe babiri, bari kuri sitasiyo ya Polisi ya Ntende. Abo babiri bakomeretse bahise bajyanwa kwa muganga baracyari mu Bitaro bya Bushenge.”

 

Uyu muyobozi yasabye abaturage kutihanira ahubwo bakajya bamenyesha ibibazo ubuyobozi.  Kugeza ubu ubuyobozi buracyashakisha abandi batatu bakekwaho ubwo bugizi bwa nabi. 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • lg says:
    August 14, 2022 at 2:35 pm

    imihoro !!! abo bicanyi bajye bicwa ntakindi bamaze kurebera bene abo nukurebera abicanyi ugaceceka

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?