BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyamasheke: Bafite impungenge z’insinga z’amashanyarazi zikora mu gishanga

Nyamasheke: Bafite impungenge z’insinga z’amashanyarazi zikora mu gishanga

admin
Last updated: November 3, 2022 5:02 pm
admin
Share
SHARE

Abaturage b’Akagari ka Kigoya mu Murenge wa Kanjongo ho mu Karere ka Nyamasheke barasaba ko amapoto y’amashanyarazi yashaje yasimbuzwa, aho bemeza ko insinga zikora mu gishanga ibyo bikabatera impungenge k’umutekano wabo.

Insinga z’amashanyarazi zikora mu hasi ku butaka mu gishanga

Ni amapoto y’ibiti yashaje atinda gusimbuzwa, zimwe mu nsinga zikora mu gishanga bahingamo, kimwe mu bikomeje kubatera impungenge z’impanuka zishobora guterwa n’umuriro w’amashanyarazi.

Usibye impungenge z’abahinga muri icyo gishanga, abanyura ku muhanda hafi y’izo nsinga n’abatuye hafi y’igishanga bafite impungenge z’uko bashobora guhitanwa nazo.

Aba baturage bavuga ko bizaniye umuriro w’amashanyarazi bawukura ku murongo mugari wa Kirambo bawujyana aho batuye ku Buhabwa uciye mu gishanga cya Rwakina.

Babwiye UMUSEKE ko bafite ubwoba bw’uko hagize umwana ukubagana agakomaho umuriro w’amashanyarazi ushobora kumuhitana.

Mukaburanga Claudine uhinga mu gishanga cya Rwakina yagize ati ” Kuba insinga zitendera REG ibifitemo uruhare, yaraje itwizeza amapoto akomeye ntabwo yabikoze, dufite impungenge n’umuntu yamufata hano ni mu gishanga turifuza amapoto akomeye.”

Munyaneza Phillipe utuye ku musozi wa Buhabwa avuga ko amapoto yaboze insinga zikaba ziri hasi.

Ati “Hagize umuntu utemeshaho umupanga umuriro wamufata, dukeneye amapoto aramba, ayo twe abaturage twari twashyizeho ntaramba, ni mu mazi.”

Umuyobozi wa REG mu Karere ka Nyamasheke, Gasigwa Landfred yabwiye UMUSEKE ko iki kibazo kitari kizwi ko bagiye gusura icyo gishanga barebe icyakorwa.

Ati “Ntabwo icyo kibazo twari tukizi, ntibabitubwiye, hagiye gusurwa turebe icyakorwa turebe niba ayo mapoto yasubizwamo cyangwa agasimbuzwa.”

MUHIRE DONATIEN / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?