BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyamasheke: Abagabo basabwe kudatererana abagore mu kurwanya imirire mibi

Nyamasheke: Abagabo basabwe kudatererana abagore mu kurwanya imirire mibi

admin
Last updated: July 29, 2022 9:33 am
admin
Share
SHARE

Abagabo bo mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Macuba basabwe kutaba ba ntibindeba ahubwo bagashyira imbaraga mu bufatanye n’abagore babo mu gutegura indryo yuzuye, ni mu rwego rwo kurwanya imirire mibi n’ingwingira byiganje muri uyu Murenge.

Kurwanya imirire mibi n’igwingi abana bagaburirwa indyo yuzuye irimo ibikomoka ku matungo

Kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Nyakanga 2022 mu bukanguramba bwo kurwanya imirire mibi n’igwigira ry’abana bato mu karere ka Nyamasheke, abagabo n’abagore bibukijwe ko bagomba kugira ubufatanye bakajya bagaburira abana babo indyo yuzuye irimo ibikomoka ku matungo kuko bifite intungamibiri z’ingenzi mu mikurire yabo.

Ubu bukanguramba bwateguwe n’umushinga Orora Wihaze ufatanyije n’urugaga rw’amadini n’amatorero bwatangiriye mu murenge wa Macuba buzamara amezi abiri aho buzagera no mu yindi Mirenge y’aka karere.

Ndangamiyumukiza Anicet utuye mu Mudugudu wa Ryagatari Akagari ka Mutongo mu Murenge wa Macuba asanga intandaro ituma abana bagira imirire mibi no kugwingira biterwa n’ubwumvikane bucye mu ngo.

Ati “Ugasanga umugabo n’umugore batumvikana kwita ku bana, ntabwo ari iby’abagore gusa, umwana ni uwa twembi, natwe abagabo biratureba iyo mu rugo habonetse imirire mibi ntabwo bireba umugore gusa.”

Nyirahabimana Annonciata avuga ko ubu bukangurambaga hari icyo bumusigiye, bizatuma abana be batagira imirire mibi no kugwingira.

Ati“Nkuyemo uburyo twakorora ibikomoka ku matungo tukabibona mungo zacu, bizadufasha mu mibereho myiza birinde abana bacu kugwingira mu bwenge no mu gikuriro.”

Gukumira imirire mibi n’igwingira bituma umwana akura neza mu gihagararo no mu bwenge

Abanayamadini n’amatorero bavuga ko hari ingamba bafashe mu rwego rwo kurwanya imirire mibi n’igwingira, biyemeje kujya bakora ubukangurambaga mu bayoboke b’amadini bayobora.

Pasitoro Ndikumana Philemon wo mu itorero rya Methodist Libre ayoboye paruwase ya Mbuga mu murenge wa Macuba avuga ko biyemeje gufatanya mu guteza imbere umuturage.

Ati “Ntabwo bisaba ubushobozi bwinshi bisaba ku byumva, umugabo n’umugore bakajya baganira natwe tukaboneraho kubigisha ijambo ry’Imana.”

Pasitoro Ndikumana yakomeje avuga ko mu bayoboke babo hari abatabasha kubona ibikomoka ku matungo ariko bafashwa kubona amatungo binyuze mu mishinga ikorana n’amadini n’amatorero.

Karangira Caleb umukozi w’umushinga Orora Wihaze ukurikirana ibikorwa byawo mu karere ka Nyamsheke yavuze ko ubukangurambaga barimo bugamije kuzamura imyumvire y’abaturage.

Ati ” Twibanda cyane ku ruhare rw’abagabo mu gushakira imiryango amafunguro yuzuye arimo ibikomoka ku matungo, basanzwe bagira uruhare mu gutegura amafunguro twagiraga ngo bashyiremo imbaraga, twabahisemo kuko bafite imbaraga n’amafaranga, umugore wenyine ntabwo yaba ahagije, dukeneye iterambere ry’umuryango wose.”

Karangira avuga ko bahisemo gukorera ubu bukangurambaga mu Murenge wa Macuba kuko uri mu Mirenge ifite imirire mibi.

Kurwanya igwingira n’imirire mibi mu bana akarere ka Nyamasheke kari kukigero cya 37.7%

Pst. NDIKUMANA Philemon wo mu itorero Methodist libre

MUHIRE DONATIEN / UMUSEKE. RW i Nyamasheke

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?