BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyamagabe: Mu myaka itanu igwingira rimaze kugabanuka ku gipimo cya 18%

Nyamagabe: Mu myaka itanu igwingira rimaze kugabanuka ku gipimo cya 18%

admin
Last updated: September 30, 2022 7:56 am
admin
Share
SHARE
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko ubukangurambaga, guhindura imyumvire y’abaturage byashyizwe muri gahunda yo kurwanya igwingira aribyo byatumye riva kuri 51,8% ubu bakaba bageze kuri 33,6%.
Bafata umwanya bagapima ibiro n’uburebure umwana afite
Imibare itangwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe yerekana ko  abari bafite ikibazo cy’igwingira kuva mu mwaka wa 2015 bari abana bagera kuri 51,8%.

Ubuyobozi buvuga ko  bumaze kubona uburemere bw’iki kibazo, inzego za Leta zitandukanye, iz’umutekano n’abafatanyabikorwa bashyize imbere ubukangurambaga bwo kwigisha abaturage uburyo bwo guhangana no kugabanya ikibazo cy’igwingira mu bana, bunashoramo amafaranga.

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima mu Karere ka Nyamagabe Twagiramungu Venuste Gentil avuga ko izo nzego zose zafatanyije zimanuka mu Midugudu zigisha abaturage, kuko babonaga ikibazo cy’igwingira kitareba abaganga gusa ahubwo ko kireba buri muturage wese.

Ati “Ibihumbi 100 by’idolari duhabwa na Banki y’Isi zadufashije guhangana n’iki kibazo cy’igwingira.”

Dusabeyezu Félicitèe wo mu Mudugudu wa Nyamirama, Akagari ka Mutingoma mu Murenge wa Mbazi, avuga ko yamaze ukwezi mu Bitaro umwana we akurikiranwa kugeza ubwo ikibazo cy’igwingira kirangira.

Ati “Namuzanye atazi kwicara cyangwa ngo akambakambe ariko bamutangiye afite amezi 8 nahavuye atangiye gukambakamba no kwicara.”

Dusabeyezu avuga ko iyo atabona umwishingizi ubimufashamo, byari kurangira umwana we agwingiye burundu.

Mutuyimana Clémentine wo mu Mudugudu wa Maheresho, yavuze ko inyigisho zimufasha guha umwana we indyo yuzuye igizwe n’ibyubaka umubiri, ibirinda indwara n’ibitera imbaraga yazigiye mu irerero.

Ati “Banyigishije ko na bike tweza umubyeyi ashobora kubitegura neza bigafasha uwabyaye, yonsa cyangwa acukije gukura neza.”

Umuyobozi wungurije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Nyamagabe Uwamariya Agnès  yabwiye UMUSEKE ko mu rugendo rwo kugabanya ikibazo cy’igwingira, babifashijwemo na gahunda za Leta zirimo itangizwa ry’amarerero, gufasha ababyeyi batwite ndetse n’abonsa bahabwa ubufasha buri kwezi.

Ati “Twashyize imbaraga mu gukoresha no gushyira mu bikorwa izo gahunda zose.”

Uwamariya avuga ko bagiye bakorana inama n’abacuruzi babihanangiriza ko uzafatanwa amata ahabwa abo bana azabihanirwa.

Yavuze ko hari uwo bigeze bafata ayacuruza bamuca amande y’ibihumbi 500 by’uRwanda bibera isomo bagenzi be.

Mu bindi bisubizo bishatsemo byo guhangana n’iki kibazo cy’igwingira, ni ukujyana kwa muganga abana bafite ibyo bibazo kugira ngo babashe gukurikiranwa mu maguru mashya iminsi itararenga.

Uwamariya yavuze ko bafite abana 37 bari mu ibara ry’umuhondo akavuga ko hari bamwe muri bo bafite indwara zitandura bavukanye abaganga babanza kuvura.

Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko bufite intego yo kugabanya ikibazo cy’igwingira ku bana bato, bakazaba bageze ku ijanisha rya 19% mu mwaka wa 2024 nkuko gahunda ya Leta y’imyaka 7 ibivuga.

Bashyizeho irerero mu Mudugudu wa Maheresho ribafasha gukurikirana amafunguro abana bafata n’uburere bahabwa
Dusabyezu Félicitèe yavuze ko iyo atabona umwishingizi ubimufashamo umwana we yari kugwingira burundu
Umuyobozi wungurije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Nyamagabe Uwamariya Agnès
Abo ni bamwe mu babyeyi bafite abana mu irerero
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Nyamagabe
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?