BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyamagabe: Imvura yangije  ikiraro ku muhanda Nyamagabe-Nyanza-Ruhango 

Nyamagabe: Imvura yangije  ikiraro ku muhanda Nyamagabe-Nyanza-Ruhango 

admin
Last updated: November 24, 2022 12:58 pm
admin
Share
SHARE

Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Amajyepfo bamaze iminsi itatu babuze uko basubira mu miryango ituye mu turere tw’iyo ntara ndetse n’Umujyi wa Kigali, kubera  umwuzure watewe n’imvura nyinshi yaguye,maze imigezi ya Rukarara na Mwogo hagati ya Nyamagabe,Nyanza na Ruhango yuzuye igafunga inzira.

Imvura nyinshi yangije imihanda mu ntara y’Amajyepfo

Usibye kuba imvura yangije imihanda,Iteme rya Rukarara ryajyaga ryoroshya ingendo naryo ryacitse rituma ubuhahirane hagati y’uturere ihagarara.

Bamwe mu baturage bavuganye na RBA, bavuze ko bamaze iminsi barara muri gare ya Kaduha yo mu karere ka Nyamagabe,basaba ko bafashwa gusubira mu miryango yabo.

Umwe yagize ati “Ibyifuzo ni uko mwaturebera uko tuva aha muri gare, tugasubira mu miryango yacu.”

Undi nawe yagize ati “Icyifuzo ni uko baturebera uko badukura hano muri gare,turenda kuhapfira n’inzara.Simfite icumbi, iminsi itatu hano muri kaduha muri gare.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe,Niyomwungeri Hildebrand,yavuze ko hari gukorwa ibishoboka byose ngo imihanda yongere kuba nyabagendwa.

Yagize ati”Ni byo koko twagize ibibazo by’imihanda yangijwe n’imvura nyinsi yaguye,hari ahantu imodoka zitari gushobora kunyura cyane cyane  umuhanda wo ku iteme ryo kuri rukarara.Icyo turi kureba ni uko uko umuhanda twaba tuwusannye, ku buryo imodoka zishobora gutambuka , mu gihe twaba dutegereje ko ukorwa mu buryo burambye.”

Uyu muyobozi yahumurije abaturage bahuye n’akaga kubera iyi mvura anasaba abaturage kwirinda kugama munsi y’ibiti ndetse n’ibindi byago byazanwa n’iyo mvura.

Usibye abaturage baheze muri gare, hari imyaka yarengewe ku buryo yamaze kwangirika bityo ko nta musaruro biteze

Iyi mvura kandi yangije  imihanda jya ku ruganda rwa Kitabi, Musebeya,ndetse n’imyaka itandukanye.

Ikiraro cy’umugezi wa Rukarara cyangiritse ubuhahirane n’uturere burahagarara

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.Rw

IVOMO:RBA

 

 

 

 

 

 

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?