BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Nyakabanda: Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi biyemeje gusubiza mu ishuri abana b’abakobwa

Nyakabanda: Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi biyemeje gusubiza mu ishuri abana b’abakobwa

admin
Last updated: December 12, 2022 9:52 am
admin
Share
SHARE

Urugaga rwa FPR Inkotanyi rw’abagore bo mu Murenge wa Nyakabanda mu Akarere ka Nyarugenge, biyemeje gusubiza abana mu ishuri abana b’abakobwa babuze ubushobozi bakigira ku mihanda.

Abagore bo mu Murenge wa Nyakabanda biyemeje gusubiza mu ishuri abana b’abakobwa bo ku muhanda

Tariki 9 Ukuboza 2022, mu Murenge wa Nyakabanda, Akarere ka Nyarugenge, habaye umunsi ngarukamwaka uhuza Urugaga rw’abagore bashakimiye ku muryango wa FPR Inkotanyi uba ugamije kureba ibyagezweho ko kuganira ku bindi bibazo biba bigomba gushakirwa ibisubizo.

Bamwe mu bayobozi bari muri uyu muhango, harimo Chairperson ku rwego rw’Umurenge, Kanyamaganga Étienne,  Chairperson Urugaga ku Murenge wa Nyakabanda, Umurungi Angélique,  Umunyamabanga w’Urugaga ku Karere, Mukamuvunyi Sophie n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa ku Murenge, Ntakontagize Frorence.

Haganiriwe kuri byinshi birimo gushima ibyakozwe no kureba ibiteganywa mu mwaka utaha. Mu byakozwe byo kwishimira harimo kuvana mu mirire mibi, gahunda ya dusasirane, ndetse no kuganiriza abana b’abakobwa bo mu mihanda kubashakira uko basubira mu mashuri, n’ubwo hakiri imbogamizi zo kuba batarabyumva neza.

Umunyamabanga w’Urugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’Akarere ka Nyarugenge, yasabye abagore ba mutima w’urugo kuba intangarugero mu bandi, kwirinda amakimbirane, ndetse anibutsa abagore ko kuba hariho Uburinganire bitavuze guhangana bya hato na hato n’abagabo, mu ngo.

Uyu muyobozi yasabye gukomeza kwita ku bana b’abakobwa, no kubarinda ihohoterwa ribakorerwa.

Kayumba Charles waje gutera ingabo mu bitugu abagore avuga ko uruhare rw’umugore mu muryango wa FPR ari ntagereranwa.

Umunyamabanga w’Urugaga rw’abagore bashamikiye mu muryango wa FPR Inkotanyi mu Murenge wa Nyakabanda, Umurungi Angelique avuga ko, utashimira ibyo Umuryango wa FPR umaze kugeza ku Banyarwanda, yaba arintashima.

Umwe muri aba bagore n’umubyeyi ufite imyaka isaga 60, yavuze ko ashimira cyane Umuryango wa FPR Inkotanyi kuko wafashije Abanyarwanda kugera kuri byinshi.

Hari gutegurwa umunsi mukuru wo kwizihiza imyaka 35 ishize, Umuryango wa FPR Inkotanyi ushinzwe.

Ubwitabire ku bayobozi bwari bwiza
Ubutumwa butandukanye bwatanzwe
Inzego zitandukanye zari zaje muri uyu muhango
Bamwenyuraga
Ubwitabire bwo bwari ku rwego rwiza

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye abarwanyi ba FDLR 7 bari mu mashyamba ya RDC

1 Min Read
Mu Rwanda

Meteo Rwanda yateguje imvura irenze iteganyijwe kugeza ku wa 20 Ugushyingo

2 Min Read
Mu Rwanda

Huye: urujijo ku cyateye urupfu rw’ umusaza w’imyaka 72 wagaragaye ku muhanda yashizemo umwuka

1 Min Read
Mu Rwanda

Gisozi :Mu ishyamba habonetse umurambo w’uwo bikekwa ko yishwe 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?