BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyagatare: Inka 9 z’umuturage zakubiswe n’inkuba zihita zipfa

Nyagatare: Inka 9 z’umuturage zakubiswe n’inkuba zihita zipfa

admin
Last updated: August 15, 2022 3:40 pm
admin
Share
SHARE

Nikobusingye Scovia wo mu Kagari ka Mbale, mu Murenge wa karangazi, Akarere ka Nyagatare, mu ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 14 Kanama 2022, ubwo imvura yagwaga, inkuba yakubise inka ze zigera kuri 36, icyenda (9) muri zo zihita zipfa.

Uyu muturage yatangaje ko mu gitondo ari bwo bamenye amakuru ko inka ze zakubiswe n’inkuba nubwo mu masaha ya nijoro bumvise inkuba ikubita.

Yagize ati “Inkuba yakubise nka saa tanu z’ijoro, twabimenye nka saa kumi , tugiye mu rugo rw’inka tubyutse, dusanga inka zapfuye. Inka zose zari 36 hapfa icyenda (9) .Inka z’amajigija  zakamwaga n’imfizi yazo.inka zirindwi zari zifite inyana, imwe yahakaga, indi n’imfizi yazo.”

Uyu muturage avuga ko ari  ibyago kuba apfushije inka nyinshi kandi zatangaga umukamo .

Yagize ati “ Ni ibyago nagize cyane kuba mfushije inka zingana gutyo, zari inka z’umukamo zari zitunze umuryango .”

Uyu muturage yongeraho ko nyuma y’uko agwiriwe n’ibyo byago abaturage bamushumbushije inka zigera ku 10. Gusa atangaza ko atari mu bwishingizi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karangazi, Umutesi Hope ,yatangaje ko inka zakubiswe n’inkuba zigiye guhita zitwikwa mu rwego rwo kwirinda uburwayi.

Yagize ati “Byumwihariko inka zakubiswe n’inkuba zirashyingurwa, zitwikwe, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cy’ubuganga.”

Yasabye abaturage kugana ubwishingizi kugira ngo bajye bagobokwa mu gihe bagwiriwe n’ibyago.

Ati”Twashishikarije aborozi kugira ngo bashobore kujya mu bwishingizi. Bamwe barabikoze,ariko uyu nawe yarari mu bari bafite ingamba zo gushaka ubwishingizi.”

Yakomeje ati “Yaratarabikora, ariko ni gahunda dufite, turi kubwira abantu ko bagomba gushyira inka mu bwishingizi ndetse n’ibikorwa bitandukanye kugira ngo mu gihe habaye ibyago n’amakuba, ashobore kudahungabana n’umutungo ahubwo bwa bwishingizi bushobore ku mugoboka.”

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • lg says:
    August 15, 2022 at 4:27 pm

    Abo baturage bagobotse Scovia bakwiye gushimwa ninzego zose bakoze igikorwa
    cyubutwari baragahorana inka

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?