BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyagatare: Babuze irimbi n’amafaranga miliyoni 4Frw basabwe n’ubuyobozi

Nyagatare: Babuze irimbi n’amafaranga miliyoni 4Frw basabwe n’ubuyobozi

admin
Last updated: October 24, 2022 7:16 pm
admin
Share
SHARE

Bamwe mu baturage bo mu tugari twa Kagitumba na Cyembogo mu Murenge wa Matimba, mu Karere ka Nyagatare, bavuze ko bakusanyije amafaranga agera kuri Miliyoni enye bayaha ubuyobozi kugira ngo bugure ubutaka bazajya bashyinguramo, ubu ntibazi irengero ryayo.

Ibiro by’Akarere ka Nyagatare

Aba baturage bavuga ko hashize imyaka ine bizejwe guhabwa ubutaka bwo gushyinguramo nyuma yo kwishakamo ubushobozi ariko ko amaso yaheze mu kirere.

Umwe mu baturage avugana na Flash Radio/Tv , yavuze ko buri rugo rwasabwe gutanga 9000frw ariko batazi uwo mushinga uburyo wadindiye.

Umwe yagize ati “Mbere twatanze ibihumbi bitanu 5000frw.Ubwa kabiri bati dutanga ibihumbi bine, amafaranga turayatanga na none biba ibihumbi icyenda (9000frw). Twicara tubibaza ngo ntabwo barabona ubushobozi, dushyingura matimba.”

Undi na we yagize ati “Amafaranga abantu bayatanze bari bavuze ngo bayabagaruze, ariko ntibigeze bayagaruza. Ubu tujya i Matimba. Kujya I Matimba ku modoka biragoye cyane. Twatanze amafaranga batubwira ngo ni ay’irimbi, ntitwaribona, amafaranga na yo ntitwayabona, ibyo byose byahezeyo.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Matimba,Nshimiyimana Chris , wahoze ayobora Akagari ka Cyembogo mu gihe cyo gukusanya aya mafaranga, yavuze ko uyu mushinga wagiye mu maboko y’Akarere, kakazaba ariko gafata umwanzuro.

Yagize ati “Twabanje kubicisha muri njyanama haba iy’Akagari n’umurenge kugira ngo babikurikirane, babishyira ku rwego rw’Akarere,bakatubwira ko Akarere kagiye gutanga icyemezo cyo kugira ngo bashyingure ndetse n’ubutaka bwavuye mu maboko y’umuturage, bujya mu maboko y’Akarere.”

Yakomeje agira ati “Twagiye rero dukora ubuvugizi butandukanye, ariko ikibazo kiracyari ku Karere ntabwo baraduha igisubizo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, yavuze  ko aya mafaranga yakoreshejwe agurwa ubutaka.

Yagize ati “Bashoboye kubona igice cya hegitari. Ubundi irimbi rigira Ingano y’ubutaka rikwiye guheraho. Hifuzwa ko haba hegitari ebyiri, ibiro by’ubutaka bw’Akarere birimo birakurikirana, ni bo twabishinze kugira ngo birebe ingano y’ubutaka buhari, birebe ko ibyangombwa byuzuye, hanyuma n’icyangombwa gisohoke niba cyujuje ibisabwa, cyibe cyasohoka cyitwa irimbi.”

Aba baturage bifuza ko bahabwa irimbi kuko aho bashyingura bakora urugendo rurerure kandi bagakoresha amafaranga 30.000frw bavuga ko ari menshi.

TUYISHIMIRE Raymond/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?