BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyagatare: Arakekwaho kwica nyirabukwe

Nyagatare: Arakekwaho kwica nyirabukwe

admin
Last updated: August 23, 2022 11:32 am
admin
Share
SHARE

Mukandayisenga Pascasie wo mu Murenge Nyagatare mu Karere ka Nyagatare yishwe atewe icyuma n’umukwe we.

Uyu mugore w’imyaka 48 y’amavuko yari asanzwe atuye mu Mudugudu wa Cyabayaga mu Kagari ka Cyabayaga ho mu Murenge wa Nyagatare.

Yishwe mu ijoro ryo ku wa 22 rishyira ku wa 23 Kanama, 2022.

Mutuyubutatu Adolphe w’imyaka 28 y’amavuko ni we ukekwaho kwica nyirabukwe amuteye icyuma mu muhogo, ni nyuma yo kujya gucyura umugore we wari umaze ibyumweru bibiri yahukanye agasabwa kuza habona aho kwitwikira igicuku.

Amakuru avuga ko Mutuyubutatu atakiriye neza igisubizo cya nyirabukwe ahita amumenyesha ko “mu gihe batamuha umugore we, abatwikira mu nzu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyabayaga, Hategekimana Eulade yabwiye UMUSEKE ko Mutuyubutatu n’umujinya w’umuranduranzuzi yahise atera icyuma nyirabukwe mu muhogo ahita apfa.

Ati “Saa munani nibwo nari mpari dushakisha ahantu hose mu nkengero z’aho batuye nimba hari umuntu waba wamucumbikiye turamubura, kubera ko abaturage batabaye yabarushije imbaraga ariruka.”

Gitifu Hategekimana avuga ko inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage bakomeje igikorwa cyo guhiga uyu mugabo kugira ngo ashyikirizwe ubutabera.

Yasabye kugaragaza ibibazo biri hagati y’imiryango no kwirinda kwihanira ndetse no kuba ku isonga mu kwicungira umutekano.

Ati “Abenshi barihanira ugasanga baguye mu makosa atari yitezwe cyangwa atari aya ngombwa ni ukwibutsa kandi abaturage gutangira amakuru ku gihe.”

Umurambo wa Mukandayisenga Pascasie wajyanywe kwa muganga gukorerwa isuzuma.

Inkuru ya TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
10 Comments
  • Umusomyi says:
    August 23, 2022 at 12:31 pm

    Ngo umukecuru w’imyaka 48!? Niba kuri iyo myaka dusigaye twitwa abakecuru n’abasaza twarunduye!

    Imana niyakire mu bayo uwo mubyeyi kandi umuryango asize uwuhe gukomera

    Reply
  • Umusomyi says:
    August 23, 2022 at 12:31 pm

    Ngo umukecuru w’imyaka 48!? Niba kuri iyo myaka dusigaye twitwa abakecuru n’abasaza twarunduye!

    Imana niyakire mu bayo uwo mubyeyi kandi umuryango asize uwuhe gukomera

    Reply
  • iganze says:
    August 24, 2022 at 9:39 am

    Mana yanjye bashyingira benshi pe! Birababaje cyane.N’uwo mugore ngira ngo yamushakiraga kumwica

    Reply
  • iganze says:
    August 24, 2022 at 9:39 am

    Mana yanjye bashyingira benshi pe! Birababaje cyane.N’uwo mugore ngira ngo yamushakiraga kumwica

    Reply
  • mahoro jack says:
    August 24, 2022 at 2:33 pm

    Harya nk’ubwo uyu mugore yabanaga n’iyi nyamaswa gute mwo kabyara mwe? Buriya nawe yashakaga kumwica nta kabuza. Ni iyihe satani yateye mu bantu koko? Nafatwa nawe muzamujyane ahabereye icyaha….

    Reply
  • mahoro jack says:
    August 24, 2022 at 2:33 pm

    Harya nk’ubwo uyu mugore yabanaga n’iyi nyamaswa gute mwo kabyara mwe? Buriya nawe yashakaga kumwica nta kabuza. Ni iyihe satani yateye mu bantu koko? Nafatwa nawe muzamujyane ahabereye icyaha….

    Reply
  • lg says:
    August 24, 2022 at 3:20 pm

    Navuga ko kwica izongegera alicyo gisubizo ntibyumvikane uwo abo batemye uriya mubyeyi i muhanga bahigishwe uruhindu aliko sinzumve ko bahumeka bokajya mukuzimu batangiye no kwadukira abashinzwe umutekano turarambiwe buli munsi buli munsi

    Reply
  • lg says:
    August 24, 2022 at 3:20 pm

    Navuga ko kwica izongegera alicyo gisubizo ntibyumvikane uwo abo batemye uriya mubyeyi i muhanga bahigishwe uruhindu aliko sinzumve ko bahumeka bokajya mukuzimu batangiye no kwadukira abashinzwe umutekano turarambiwe buli munsi buli munsi

    Reply
  • ayinkamiye says:
    August 25, 2022 at 2:52 pm

    Biteye ubwoba mana yanjye gusa IMANA imwakire mubayo

    Reply
  • ayinkamiye says:
    August 25, 2022 at 2:52 pm

    Biteye ubwoba mana yanjye gusa IMANA imwakire mubayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Ubutabera

Rubavu: Afungiwe guhisha amakuru y’ahari imibiri 7 y’Abatutsi se yishe muri Jenosideq

4 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?