BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kigali – Injangwe yavugiye mu nda y’umugabo bikekwa ko yayibye

Kigali – Injangwe yavugiye mu nda y’umugabo bikekwa ko yayibye

admin
Last updated: January 6, 2023 12:09 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35 uzwi nka Gasongo hafi ya gare ya Nyabugogo, ku hazwi nko kwa Mutangana, yagaragaye yabuze amahoro mu nda ye havugiramo injangwe byavugwaga ko yibye.

Abari Nyabugogo batunguwe no kumva injangwe ivugira mu nda y’uwayibye

Inkuru ya BTN yo ku wa Kane, tariki ya 05 Mutarama 2023, ivuga ko uyu mugabo bikekwa ko ku wa Gatatu tariki ya 04 Mutarama 2023, yibye iyo njangwe umwe mu bacuruzi akaza kuyigurisha ku bakorera kwa Mutangana .

Uyu mugabo akimara kugurisha iryo tungo, nibwo ryatangiye kumvikana rivugira mu nda ye.

Umunyamakuru wa BTN wari hafi yaho uyu mugabo yarimo akumbagurika, yafashe amajwi n’amashusho uyu mugabo mu nda ye ijangwe inyawuza.

Icyakora nyuma yaje kuyisanga aho yari yayigurishije arayifata ayisubiza nyirayo iryo jwi ntiryongera kumvikana.

Umugabo bivugwa ko yari yibwe injangwe yatangaje ko nta ruhare afite mu kuba iyo njangwe yavugiye mu nda ya Gasongo, ahubwo ngo bisanzwe bimubaho.

Yagize ati “Uriya mugabo wagira ngo ni ibintu byamufashe. Hano inyuma mu isoko (Kwa Mutangana), ipusi yabwaguriyemo ibibwana byinshi. Ejo ku wa Gatatu abikuramo ajya kubigurisha. Ukuntu bigarutse ntabwo mbizi. Ntabwo ari iyanjye.”

Ubwo uyu bikekwa ko yari yibye iyi njangwe yayishyikirizaga uyu mugabo injangwe ye, yabaye muzima, ashima Imana, atangira gusuhuza abari hafi aho ibyo byabereye.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Israel says:
    January 6, 2023 at 5:41 pm

    Yewe n’agahoma munwa ipusi nayo igeze aho kwibwa? Mbega!!!

    Reply
  • Iradukunda eram says:
    January 6, 2023 at 7:48 pm

    Uwandangira nyir’iyo pusi tukaganira.

    Reply
  • Fanuel Buregea says:
    January 6, 2023 at 9:01 pm

    Ahebe kwiba atazongera gusa nyiri pusi nawe ntiyoroshe

    Reply
  • Anonymous says:
    January 7, 2023 at 2:28 pm

    Aha ubu kandi haruhakana ko tutageze mu minsi ya nyuma? Kubona umuntu yiba ipusi! undi nawe ati reka mwumvishe gusa ntangajwe ni uko nyiri pusi nako uwo murozi nawe atabyemeye.

    Reply
  • KAVAMAHANGA says:
    January 10, 2023 at 5:52 pm

    HHHHHHHH YAMUKOSOYE. AZONGERE

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?