BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ntitwakwemera gukubitwa  urushyi ngo dutege undi musaya- Gen Ekenge  

Ntitwakwemera gukubitwa  urushyi ngo dutege undi musaya- Gen Ekenge  

admin
Last updated: October 26, 2025 12:24 pm
admin
Share
SHARE

Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen. Sylvain Ekenge, yavuze ko abarwanyi b’Umutwe wa AFC/M23 aribo babashotora, kandi ko umuntu adashobora kubakubita urushyi ngo batege undi musaya nk’uko insengero zigisha.

Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Deutsche Welle (DW), ubwo yasubizaga ku mirwano imaze iminsi hagati ya FARDC na AFC/M23.

Abajijwe kuri ibi bitero, Gen. Sylvain Ekenge yabyigurukije, avuga ko AFC/M23 ariyo ibashotora.

Ati: “Buri gihe twagiye twitondera amasezerano dusinya. Turayubahiriza kugira ku nyuguti. Buri gihe ni AFC/M23 irenga ku by’agahenge. Ibi narabivuze inshuro nyinshi.”

Yavuze ko ibitero bagaba biba ari ugusubiza AFC/M23 iba yabashotoye, kuko batakubitwa urushyi mu musaya umwe ngo batege undi.

Ati: “Ntidukorera mu nsengero. Ni mu rusengero bavuga ngo niba ukubiswe ku musaya w’ibumoso utange n’uw’iburyo. Ntabwo dushobora guhora turebera abadutera n’abadushotora ntacyo dukora. Bavuga ko twabarashe ariko nibo badushotoye.”
Ibyatangajwe na FARDC bifatwa nko kwiriza ay’ingona kuko hari ibimenyetso simusiga bigaragaza ko inshuro zose hagiye habaho kutubahiriza agahenge FARDC ari yo yabaga yashotoye abarwanyi b’ihuriro AFC/M23.

Ku wa 21 Ukwakira 2025, ingabo za RDC zagabye igitero cya drones za CH-4 ku birindiro bya AFC/M23 muri Kalembe na Kalonge muri teritwari ya Masisi no muri Ihula na Mpeti muri teritwari ya Walikale.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko mu ijoro ryo ku wa 21 rishyira uwa 22 Ukwakira ibi bitero byagabwe no mu duce dutuwe cyane turimo Nyarushyamba muri Masisi, Kashebere muri Walikale n’utundi duhana imbibi.

Kanyuka yasobanuye ko ibi bitero bidasubiza inyuma gahunda y’amahoro ya Doha, bikanagaragariza Isi yose ko Leta ya RDC ishyize imbere intambara, kandi ko igomba kwirengera ingaruka z’iyi myitwarire.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Babiri bapfiriye mu myigaragambyo ku mupaka wa Tanzania na Kenya

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Kongera gutsindira Manda ya munani kwa Paul Biya byateje imvururu zahitanye ubuzima bw’abatari bake

2 Min Read
Mu mahanga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Museveni yahaye impozamarira abagizweho ingaruka n’impanuka yahitanye 63

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?