BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Ntazinda Erasme wabaye Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza yageze mu rukiko ntiyaburana

Ntazinda Erasme wabaye Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza yageze mu rukiko ntiyaburana

sam
Last updated: May 7, 2025 6:27 am
sam
Share
SHARE

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwasubitse urubanza ruregwamo Ntazinda Erasme wabaye Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, ukurikiranyweho ibyaha birimo ubushoreke no guta urugo.

Ntazinda Erasme yagejejwe ku rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, ku isaha ya saa saba hafi n’iminota 40 azanwe n’imodoka ya RIB, akaba yagombaga kuburana ku isaha ya saa munani zuzuye nubwo abo mu muryango bahageze mu gitondo baziko aburana saa tatu za mugitondo.

Mu gihe inteko iburanisha yari igeze mu cyumba Ntazinda yagomba kuburaniramo, umunyamategeko wamwunganiraga yavuze ko hari inzitizi umukiriya we afite ku cyaha kimwe ashinjwa kijyanye no guharika n’ubushoreke, kandi ko babona izo nzitizi zitabemerera kuburana ahubwo zigomba kubanza gusuzumwa n’urukiko zigakurwaho, bakazabona kuburana ku ifungwa n’ifungurwa kandi bakanavuga ko ibyo babyemererwa n’itegeko.

Uburanisha yabajije ubushinjacyaha icyo buvuga ku cyifuzo cy’uburana, avuga ko ibyo basaba babyemererwa n’itegeko ndetse urukiko arirwo rubifataho umwanzuro.
Biteganyijwe ko umwanzuro w’urukiko kuri izo nzitizi zatanzwe n’uburana ndetse n’umwunganira mu mategeko, uzasomwa ku wa 09 Gicurasi 2025.

Itegeko riteganya ko umuntu ubana nk’umugabo n’umugore n’uwo batashyingiranywe umwe muri bo cyangwa bombi bafite uwo bashyingiranywe, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri.

Ku bijyanye no guta urugo, riteganya ko umwe mu bashyingiranywe uta urugo rwe nta mpamvu zikomeye akihunza ibyo ategetswe, aba akoze icyaha.Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atatu ariko kitarenze amezi atandatu.

Ntazinda Erasme yegujwe n’inama njyanama y’Akarere ka Nyanza ku wa 15 Mata 2025, ndetse ku wa 16 Mata 2025 urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha [RIB] rutangaza ko rwamutaye muri yombi.

Ni Akarere yari ayoboye muri manda ya kabiri, nyuma y’uko mu matora yo mu 2021 yongeye gutorerwa kuyobora ako karere yari amaze imyaka itanu abereye umuyobozi.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

 U Bufaransa bwahagaritse iperereza bwakoraga kuri Agathe Kanziga

4 Min Read
Ubutabera

Ubushinjacyaha bwasabiye Fatakumavuta guhanishwaa igifungo cy’imyaka icyenda

2 Min Read
Ubutabera

DRC: Umusirikare warasiye mu rusengero abantu batatu  barimo ‘umwana w’amezi 4’ yagejejwe imbere y’ubutabera.

2 Min Read
Ubutabera

Umugabo akurikiranweho kwica umwana we w’imyaka 11

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?