BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Nta na sentimetero twarekuye- Major Ngoma yahakanye ibyo gusubira inyuma

Nta na sentimetero twarekuye- Major Ngoma yahakanye ibyo gusubira inyuma

admin
Last updated: September 27, 2022 8:38 am
admin
Share
SHARE

Umuvugizi w’umutwe wa M23 mu bya gisirikare Major Willy Ngoma mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Nzeri yatangaje ko nta gace na gaco M23 yarekuye kandi itazanabikozwa mu gihe bataricara ku meza y’ibiganiro na Leta ya Kinshasa.

Umuvugizi mu bya gisirikare wa M23, Major Willy Ngoma

Major Willy Ngoma yavuze ko “Bitandukanye n’ibivugwa ku mbuga nkoranyambaga ko M23 itigeze yimuka ku butaka yafashe cyangwa ngo itange na Sentimeto n’imwe yabwo.”

Amakuru yavugaga ko M23 yasabye abaturage bi Kabindi muri Teritwari ya Rutshuru kwerekeza i Chengerero na Bunagana kugira ngo batazagirwaho ingaruka n’imirwano simusiga hagati ya M23 na FARDC.

Ni imirwano ifatwa nka karundura kuri uyu mutwe umaze iminsi irenga 107 wigaruriye Umujyi wa Bunagana n’utundi duce two muri Teritwari ya Rutshuru.

Major Willy Ngoma yanyomoje ibyanditswe n’ibinyamakuru bikoreshwa na Leta ya Congo, byatangaje ko M23 yahiye ubwoba kubera aba Komando 200 ba Kenya boherejwe muri kariya gace gufatanya na FARDC gukubita ikibatsi M23.

Ibyo binyamakuru bivuga ko kuva ku mugoroba wo ku wa 26 Nzeri, M23 yahindaguye imyanya y’inyeshyamba mu rwego rwo kwirwanaho, byatumye abaturage bamwe boherezwa i Bunagana abandi i Chengerero.

Major Willy Ngoma yagize ati “Izuba ryarashe rifite umucyo utangaje muri iki gitondo muri Bunagana n’ahandi, ikimenyetso cy’umutuzo uganje mu karere tuyobora.”

M23 ivuga ko barangwa n’ibintu bitatu bikomeye bituma birukansa ingabo za leta birimo Ikinyabupfura, intego n’ubuyobozi bwiza.

Inyeshyamba za M23 zivuga ko zifuza ibiganiro bigamije gucyemura ibibazo byatumye begura imbunda ko mu gihe bataricara ku meza y’ibiganiro na Perezida Tshisekedi hatazaboneka umuti urambye.

Uyu mutwe wa Gisirikare ufite intwaro zihambaye uvuga ko mu gihe uzaraswaho n’ingabo izo arizo zose zaba iza Leta ya Congo cyangwa iz’amahanga uzirwanaho intambara igahindura isura n’icyerekezo.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • habineza.mustapha says:
    September 27, 2022 at 2:52 pm

    m23.mukomerezaho.abobakomando.nacyobavuze.mubarase.muberekeko.mutoroshye.wiringoma.namakenga.turabemera.cyane..m23.oyeee.turagushyigikiye

    Reply
  • habineza.mustapha says:
    September 27, 2022 at 2:52 pm

    m23.mukomerezaho.abobakomando.nacyobavuze.mubarase.muberekeko.mutoroshye.wiringoma.namakenga.turabemera.cyane..m23.oyeee.turagushyigikiye

    Reply
  • Tumaini says:
    September 27, 2022 at 6:29 pm

    M23 mushake izira y’a bungufi musubire iwanyu kuko ibyanyu twara bimenye atarucho murapha kisanzi

    Reply
  • Tumaini says:
    September 27, 2022 at 6:29 pm

    M23 mushake izira y’a bungufi musubire iwanyu kuko ibyanyu twara bimenye atarucho murapha kisanzi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?