BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Roger Federer yasezeye burundu umukino wa Tennis

Roger Federer yasezeye burundu umukino wa Tennis

admin
Last updated: September 24, 2022 2:34 pm
admin
Share
SHARE

Umukino wabereye i Londres mu Bwongereza, Roger Federer yasezeye Tennis imbere y’ibihangange muri uyu mukino, bamwe bararira.

Byari amarira aho Roger Federer afatanye ikiganza na Rafael Nadal wo muri Espagne bakunze guhangana cyane

Roger Federer yari amaze imyaka 25 ari umwe mu bambere muri Tennis, akaba yasezeye mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu.

Afite ibiyembo 103 birimo 20 byo mu marushanwa akomeye bita (Grand Chelem). Yamaze ibyumweru 310 ari nomero ya mbere mu mukino wa Tennis, harimo ibyumweru 237 byikurikiranya ari kuri uwo mwanya.

Ikimenyetso Umwami wa Tennis, Roger Federer asize muri uyu mukino ntikizapfa kwibagirana.

Umukino wo gusezera kwa Federer witabiriwe n’abafana be 17,000 bari buzuye Stade yitwa O2 Arena.

Akenshi humvikanaga urwamo, amashyi menshi, bamwe barize ndetse harimo Rafael Nadal wahanganye igihe kirekire na Roger Federer.

Roger Federer yagize ati “Nzahora nibuka amasura n’ibyishimo.”

Roger Federer bamushimira uko yabashimishije mu bihe bitandukanye

Uyu mugabo wagize ikibazo mu ivi, nyuma y’uko bigaragaye ko nta kimenyetso cyo gukira neza rigaragaza, hari hashize iminsi atangaje ko bidasubirwaho azasezera Tennis.

Roger Federer yahisemo gusezera Tennis mu mukino w’irushanwa yise Laver Cup, yateguriye mu mujyi wa Londres/London, aho yakunze kugirira ibihe byiza ahatwarira irushanwa rya Wimbledon, cyangwa amarushanwa yitwa Masters.

Yagize ati “Natekereje kubikora hashize ukwezi, kandi numvaga ko nzabikora, nta handi uretse aha.”

Roger Federer yamaze igihe kirekire ari nomero ya mbere muri Tennis
Abandi bakinnyi bakomeye ku isi bifatanyije na Roger Federer

IVOMO: Le Soir

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?