BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Roger Federer yasezeye burundu umukino wa Tennis

Roger Federer yasezeye burundu umukino wa Tennis

admin
Last updated: September 24, 2022 2:34 pm
admin
Share
SHARE

Umukino wabereye i Londres mu Bwongereza, Roger Federer yasezeye Tennis imbere y’ibihangange muri uyu mukino, bamwe bararira.

Byari amarira aho Roger Federer afatanye ikiganza na Rafael Nadal wo muri Espagne bakunze guhangana cyane

Roger Federer yari amaze imyaka 25 ari umwe mu bambere muri Tennis, akaba yasezeye mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu.

Afite ibiyembo 103 birimo 20 byo mu marushanwa akomeye bita (Grand Chelem). Yamaze ibyumweru 310 ari nomero ya mbere mu mukino wa Tennis, harimo ibyumweru 237 byikurikiranya ari kuri uwo mwanya.

Ikimenyetso Umwami wa Tennis, Roger Federer asize muri uyu mukino ntikizapfa kwibagirana.

Umukino wo gusezera kwa Federer witabiriwe n’abafana be 17,000 bari buzuye Stade yitwa O2 Arena.

Akenshi humvikanaga urwamo, amashyi menshi, bamwe barize ndetse harimo Rafael Nadal wahanganye igihe kirekire na Roger Federer.

Roger Federer yagize ati “Nzahora nibuka amasura n’ibyishimo.”

Roger Federer bamushimira uko yabashimishije mu bihe bitandukanye

Uyu mugabo wagize ikibazo mu ivi, nyuma y’uko bigaragaye ko nta kimenyetso cyo gukira neza rigaragaza, hari hashize iminsi atangaje ko bidasubirwaho azasezera Tennis.

Roger Federer yahisemo gusezera Tennis mu mukino w’irushanwa yise Laver Cup, yateguriye mu mujyi wa Londres/London, aho yakunze kugirira ibihe byiza ahatwarira irushanwa rya Wimbledon, cyangwa amarushanwa yitwa Masters.

Yagize ati “Natekereje kubikora hashize ukwezi, kandi numvaga ko nzabikora, nta handi uretse aha.”

Roger Federer yamaze igihe kirekire ari nomero ya mbere muri Tennis
Abandi bakinnyi bakomeye ku isi bifatanyije na Roger Federer

IVOMO: Le Soir

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?