BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > No gutandukana birashoboka umusaruro nubura; Juvénal yavuze k’umutoza mushya

No gutandukana birashoboka umusaruro nubura; Juvénal yavuze k’umutoza mushya

admin
Last updated: August 2, 2022 12:46 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal, yibukije abakunzi b’iyi kipe ko  mu gihe umusaruro uzaba mwiza uzabura no gutandukana n’umutoza mushya Alain-André ukomoka mu Bubiligi.

Alain-André Landeut ni umutoza wa Kiyovu mu myaka itatu iri imbere

Ku wa Gatanu tariki 30 Nyakanga 2022, ni bwo ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje Alain-André Landeut nk’umutoza mukuru w’iyi kipe mu myaka itatu iri imbere.

Agisinya amasezerano, Alain-André Landeut ukomoka mu Bubiligi ariko ufite amamoko muri Répubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [DRC], yavuze ko yishimiye kuza mu kipe ikomeye kandi nawe yifuza gukorana amateka n’iyi kipe.

Umuyobozi wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal, yavuze ko n’ubwo uyu mutoza afite amasezerano y’imyaka itatu bitabuza ko yatandukana n’ikipe mu gihe yaba adatanze umusaruro mwiza yitezweho.

Ati “Twe twifuzaga kumusinyisha imyaka itanu ariko ntibyakunze. Ashobora no kuza n’amezi abiri bikanga. Uburyo dushobora gutandukana ibyo byose twarabiganiriye ibyo twifuza bitagezweho cyangwa nawe ibyo yifuza bitagezweho.”

Uyu muyobozi yongeyeho ati “Nawe ubwe [umutoza] yivugiye ko atabona ikipe iri gutsindwa kandi yarayisanze ku mwanya wa Kabiri ngo ahagume. Ibyo byose twabiganiriyeho mu gihe cyose intego zacu zitagerwaho. Si ngombwa ko umuntu ufite amasezerano y’igihe kirekire amuboha. Ibyo byose rero twabyumvikanyeho ku buryo twatandukana mu bwumvikane cyangwa twifashishije amasezerano.”

Mvukiyehe yongeyeho ko bitewe no kuba uyu mutoza ari umunyamwuga, ubwe yihamirije ko atakwishimira kubera umutwaro ikipe mu gihe cyose umusaruro mwiza wabura.

Alain-André Landeut yatoje amakipe arimo DCM yo muri DRC, Berekum Chelsea, CIK, na Kaloum.

Uyu mutoza w’imyaka 45 aje asimbura Haringingo Francis wahesheje iyi kipe umwanya wa Kabiri mu mwaka ushize, ariko agahitamo kwerekeza muri Rayon Sports FC.

Perezida wa Kiyovu Sports yemeje ko no gutanduka na Alain-André Landeut byashoboka mu gihe umusaruro mwiza wabura

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?