BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jun 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > No gutandukana birashoboka umusaruro nubura; Juvénal yavuze k’umutoza mushya

No gutandukana birashoboka umusaruro nubura; Juvénal yavuze k’umutoza mushya

admin
Last updated: August 2, 2022 12:46 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal, yibukije abakunzi b’iyi kipe ko  mu gihe umusaruro uzaba mwiza uzabura no gutandukana n’umutoza mushya Alain-André ukomoka mu Bubiligi.

Alain-André Landeut ni umutoza wa Kiyovu mu myaka itatu iri imbere

Ku wa Gatanu tariki 30 Nyakanga 2022, ni bwo ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje Alain-André Landeut nk’umutoza mukuru w’iyi kipe mu myaka itatu iri imbere.

Agisinya amasezerano, Alain-André Landeut ukomoka mu Bubiligi ariko ufite amamoko muri Répubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [DRC], yavuze ko yishimiye kuza mu kipe ikomeye kandi nawe yifuza gukorana amateka n’iyi kipe.

Umuyobozi wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal, yavuze ko n’ubwo uyu mutoza afite amasezerano y’imyaka itatu bitabuza ko yatandukana n’ikipe mu gihe yaba adatanze umusaruro mwiza yitezweho.

Ati “Twe twifuzaga kumusinyisha imyaka itanu ariko ntibyakunze. Ashobora no kuza n’amezi abiri bikanga. Uburyo dushobora gutandukana ibyo byose twarabiganiriye ibyo twifuza bitagezweho cyangwa nawe ibyo yifuza bitagezweho.”

Uyu muyobozi yongeyeho ati “Nawe ubwe [umutoza] yivugiye ko atabona ikipe iri gutsindwa kandi yarayisanze ku mwanya wa Kabiri ngo ahagume. Ibyo byose twabiganiriyeho mu gihe cyose intego zacu zitagerwaho. Si ngombwa ko umuntu ufite amasezerano y’igihe kirekire amuboha. Ibyo byose rero twabyumvikanyeho ku buryo twatandukana mu bwumvikane cyangwa twifashishije amasezerano.”

Mvukiyehe yongeyeho ko bitewe no kuba uyu mutoza ari umunyamwuga, ubwe yihamirije ko atakwishimira kubera umutwaro ikipe mu gihe cyose umusaruro mwiza wabura.

Alain-André Landeut yatoje amakipe arimo DCM yo muri DRC, Berekum Chelsea, CIK, na Kaloum.

Uyu mutoza w’imyaka 45 aje asimbura Haringingo Francis wahesheje iyi kipe umwanya wa Kabiri mu mwaka ushize, ariko agahitamo kwerekeza muri Rayon Sports FC.

Perezida wa Kiyovu Sports yemeje ko no gutanduka na Alain-André Landeut byashoboka mu gihe umusaruro mwiza wabura

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umuti witwa Relief wahagaritswe ku isoko ry’u Rwanda

Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa mu Rwanda, (Rwanda FDA), cyatangaje ko…

Ingabo za SADC zari muri DRC zigiye gutaha

Ingabo za Afurika y'epfo zari mu butumwa bwa SAMIDRC , zimaze igihe…

Kigali: Abantu 13 bakekwaho kwiba abaturage batawe muri yombi

Polisi y’Umujyi wa Kigali yatangaje ko ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage,…

U Rwanda rwanenze ibihugu by’amahanga bikomeje kuvangira inzira y’amaho rukomeje na DRC

Guverinoma y’u Rwanda yanenze bamwe mu bayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za…

Elon Musk  yagaragaje guca bugufi yicuza guhangana na Trump

Umuherwe wa mbere ku Isi, ufite ibigo birimo Tesla, Space X, Starlink…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA mu nzira yo gufata umwanzuro ku mukino wa Bugesera na Rayon hashingiwe kuri raporo ya Komiseri

2 Min Read
Imikino

Martin Ngoga yongeye gutorerwa kuyobora Akanama gashinzwe imyitwarire muri FIFA

2 Min Read
Imikino

APR FC yirukanye umutoza wayo Darko Nović n’abamwungirije

1 Min Read
Imikino

Abakinnyi ba AS Kigali banze kwitabira imyitozo kubera  kudahembwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?