BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Niyonizera Judith yateye ikirenge mu cya Safi Madiba

Niyonizera Judith yateye ikirenge mu cya Safi Madiba

admin
Last updated: December 20, 2022 12:15 pm
admin
Share
SHARE

Niyonizera Judith wahoze ari umugore w’umuhanzi Safi Madiba yerekanye ko agiye kwinjira mu muziki undi mwuga aje gufatanya no gukina amafilime no kumurika imideli byo asanzwe akora.

Judith yinjiye mu muziki asangamo uwahoze ari umugabo we Safi

Judith yamenyekanye ubwo yakundanaga na Safi Madiba gusa aho baje gutandukanira yatangiye kubyaza izina rye umusaruro atangira kwinjira mu bikorwa bitandukanye ariko yibanda ku myidagaduro.

Kuri ubu yamaze gushyira hanze ifoto y’integuza yerekana indirimbo yakoze. Kuri iyo foto aba arikumwe n’umusore witwa Musbe Black ukomoka muri Guinea ari nawe bafatanyije muri iyo ndirimbo yakozwe n’uwitwa Dolla Game.

Iyi ndirimbo yayihaye izina rye “My Judy.” Avuga ko izajya hanze mu mpera z’iki cyumweru. Ubutumwa bwayo buzaba buvuga ku mukobwa wimye urukundo umusore wazengurutse amahanga yose ashaka uwo bakunda. ‘Aba ari kwivuga nk’uwimye urukundo uwo musore.’

Amashusho y’iyi ndirimbo ya Judith yafatiwe muri Canada aho uyu mugore asanzwe atuye ndetse n’uyu musore ukomoka muri Guinea bayikoranye.

Musbe Black bakoranye iyi ndirimbo ntabwo ari ubwa mbere bakoranye kuko banahuriye muri Filime y’uruhererekane ya Judith yise ‘Gift of Kindness.’

Judith ateye ikirenge mu cy’uwahoze ari umugabo we Niyibikora Safi Madiba wigeze no kumukorera indirimbo bagikundana anamushyira mu mashusho yayo yise ‘Igifungo’ aho aba avuga ko niba ku mukunda ari icyaha azemera akagikora agafungwa.

Indirimbo ya Safi yaririmbiye Judith

Judith yinjiye mu muziki nyuma yo gukina Filime
My Judy niyo ndirimbo Judith agiye gusohora

KUBWIMANA BONA / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imyidagaduro

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

1 Min Read
Imyidagaduro

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?