BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Nigeria: Abantu 76 baguye mu mpanuka y’ubwato

Nigeria: Abantu 76 baguye mu mpanuka y’ubwato

admin
Last updated: October 10, 2022 7:07 am
admin
Share
SHARE

Abantu 76 bapfiriye mu mpanuka y’ubwato nyuma y’uko bukoreye impanuka muri Leta yo mu majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Nigeria yitwa Anambra.

Ubwo bwahitanye abantu 76

Ubwato bwarimo abantu bagera kuri 80 bwakoze impanuka ku wa Gatanu mu gace ka Ogbaru muri Leta ya Anambra.

Benshi mu bari mu bwato ni abagore n’abana bageragezaga guhunga imyuzure yibasiye aho bari batuye.

Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari yihanganishije imiryango y’abagize ibyago, avuga ko impanuka ibabaje.

Yavuze ko hagomba kubaho igenzura mu bijyanye n’ubwikorezi bwo mu mazi muri kiriya gihugu, ndetse asaba inzego zishinzwe ubutabazi gutanga ibisobanuro kuri iriya mpanuka.

Ibinyamakuru byo muri Nigeria bivuga ko ubwato bwerekezaga ku isoko ry’ahitwa Nkwo muri Ogbakuba. Bamwe mu bayobozi bavuze ko ubwato bwagize ikibazo cya moteri yazimye, bugonga ikiraro buhita bwibira mu mazi.

Thickman Tanimu, ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi mu gice cy’amajyepfo y’uburasirazuba muri Nigeria, yabwiye Ibiro Ntaramakuru, AFP ko amazi yabaye menshi mu mugezi bityo hakaba hari inzitizi mu buryo bwo gushakisha abakiri bazima no kubatabara.

Guverineri wa Leta ya Anambra, Charles Soludo na we yavuze ko impanuka yahungabanyije imitima y’abaturage, n’ubuyobozi avuga ko yifatanyije n’abo mu miryango y’abantu bari mu bwato.

Kenshi muri Nigeria ngo hakunze kuba bene izi mpanuka zo mu mazi, zigaterwa no kurenza ubushobozi bw’abantu bugenewe gutwara, cyangwa bigaterwa no kuba ubwato butameze neza.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
Mu mahanga

Fizi: RDC n’u Burundi byashinjwe kohereza izindi ngabo zo ‘kumara Abanyamulenge

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?