BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ni amahindura ya Mukura? Cyangwa ni ugushyuha nk’isosi y’Intama?

Ni amahindura ya Mukura? Cyangwa ni ugushyuha nk’isosi y’Intama?

admin
Last updated: September 17, 2022 12:52 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma yo kubona intsinzi ya Mbere yakuye i Rusizi, haribazwa niba ikipe ya Mukura Victory Sport et Loisir yaje koko cyangwa ari Espoir FC yari hasi.

Mukura VS ishobora kuba yagarutse!

Mu mukino w’umunsi wa Gatatu wa shampiyona, ikipe ya Mukura VS yabonye amanota atatu yakuye kuri Espoir FC yari yasuye i Rusizi ku bitego bibiri byatsinzwe na Habamahoro Vincent na Kubwimana Cédric.

Iyi kipe iterwa inkunga n’Akarere ka Huye, kugeza ubu ifite abakinnyi 14 kuko iri mu bihano bya FIFA byo kutagura abakinnyi kuko ifitiye umwenda uwahoze ayitoza, Djilali Bahloul.

Abasesenguzi bahamya ko Mukura VS ifite 11 beza!

Iyo ucishije amaso mu bakinnyi 11 ba Mukura VS babanzamo, usanga ari beza ndetse banatsinda ikipe yose mu Rwanda ariko ikibazo gikomeje kuyigora ni ukugira abasimbura beza kandi bahagije.

Ikipe niyemererwa kugura ishobora kuzagorana i Huye!

Nyuma yo kuba iyi kipe ifite 11 beza babanzamo, abasesengura umupira w’amaguru mu Rwanda, bahamya ko iyi kipe mu minsi ya vuba niramuka ivuye mu bihano byo kuteremerwa kugura abakinnyi, izaba ari ikipe izatsinda buri kipe izajya i Huye.

Abakunzi ba Mukura bati ni amahindura!

Abafana b’iyi kipe y’i Huye bahamya ko kubona amanota atatu bakuye mu Akarere ka Rusizi, byabagaruye mu makipe azagorana kongera gutakaza amanota. Iyi kipe yatakaje umukino wa Mbere yatsinzwe na Gasogi United, uwa Kabiri yari gukina na APR FC urasubikwa.

Umutoza mushya aratanga icyizere muri Mukura VS!

Mu gihe gito gishize, ni bwo ubuyobozi bwa Mukura VS bwemeje ko Afahmia Lofti ari we mutoza mukuru w’iyi kipe.

Abakurikirana imitoreze y’uyu mutoza mu gihe gito amaze muri iyi kipe, bahamya ko ashobora kuzayigarura mu makipe ahangana n’ibigugu nk’uko byagenze umwaka ushize.

Abafana ba Mukura VS bahamya ko ari amahindura yaje

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?