BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ngororero: Inyubako y’uruganda rw’imyumbati yahinduwe ikusanyirizo ry’amata 

Ngororero: Inyubako y’uruganda rw’imyumbati yahinduwe ikusanyirizo ry’amata 

admin
Last updated: November 11, 2022 3:26 pm
admin
Share
SHARE
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buvuga ko inyubako z’uruganda rutunganya imyumbati, zigiye gukoreramo ikusanyirizo ry’amata kugira ngo zireke kwangirika.
Hashize imyaka 13 uru ruganda rw’imyumbati rwuzuye ariko rukaba rudakora.

Ibi babivuze mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa kane taliki 10 Ugushyingo, 2022.

Ubusanzwe uruganda rutunganya imyumbati rwagombaga gutahwa ku mugaragaro mu mwaka wa 2010, gusa kuva izo nyubako zakuzura, ntizigeze zakira umusaruro w’imyumbati ngo ziwutunganye bitewe nuko Rwiyemezamirimo wari wahawe isoko, Akarere kamushinjaga kugura imashini zitujuje ubuziranenge.

Mu  kiganiro n’abanyamakuru,  Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buvuga ko aho kugira ngo izo nyubako zangirike bagiye kuzihindura Ikusanyirizo ry’amata, mu gihe bagitegereje ko Urukiko barezemo uwo Rwiyemezamirimo rubifataho icyemezo.

Umuyobozi wungurije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Ngororero, Uwihoreye Patrick,  yabwiye UMUSEKE ko bafite umukamo utubutse ariko aho bakusanyiriza amata hakaba hadahagije.

Yagize ati ”Ntabwo twakomeza kurebera ko inyubako z’uruganda zangirika, niyo mpamvu twanzuye ko zikoreramo ikusanyirizo ry’amata.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Nkusi Christophe avuga ko  kuba barubatse uruganda rutunganya imyumbati,  ariko rukaba kugeza ubu rutarakoze, ari igihombo kinini rwateje Akarere n’abaturage bagatuye.

Ati ”Rwiyemezamirimo waguze imashini zitujuje ubuziranenge, Urukiko rufite urwo rubanza  nirwo ruzadukiranura.”

Mumyaka ishize Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yanenze Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero ko bwakoze igenamigambi ribi,  kuko mu bihingwa byera muri aka Karere, igihingwa cy’imyumbati kitarimo.

Mu ruzinduko uwahoze ari umunyamabanga Leta, Munyeshyaka Vincent yakoreye mu Karere ka Ngororero mu mwaka wa 2016, yavuze ko bibabaje kubona uruganda rwuzuye rutwaye akayabo k’amafaranga menshi, rumaze imyaka 6 rudakora.

Uruganda rw’imyumbati ruherereye mu Murenge wa Muhororo, rwuzuye rutwaye miliyoni zirenga 700 rukaba rumaze imyaka 13 yose nta musaruro w’imyumbati rwakira.

Bamwe mu borozi bo mu Murenge wa Muhanda, bavuga ko hari litiro z’amata zibapfira ubusa bitewe n’imihanda banyuramo bazijyana ku isoko.

Kuba Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko bugiye kubakorera imihanda no kubatiza izo nyubako uruganda rw’imyumbati rwari gukoreramo, bigiye kubafasha kwivana mu gihombo bamaze iminsi barimo.

Hagati Mayor wa Ngororero Nkusi Christophe n’abo bakorana avuga ko uru ruganda rwabateje Igihombo gikomeye.
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Ngororero
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?