BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > New Generation FA yegukanye igikombe cy’Umujyi wa Kigali

New Generation FA yegukanye igikombe cy’Umujyi wa Kigali

admin
Last updated: October 16, 2022 10:06 pm
admin
Share
SHARE

Irerero ryigisha umupira w’amaguru rya New Generation Football Academy ry’abatarengeje imyaka 17, ryabaye irya Mbere mu Mujyi wa Kigali nyuma yo gutsinda LDK U17 ibitego 2-0.

Christian (uri iburyo) yafashije New Generation FA kwegukana igikombe cyo muri zone y’Umujyi wa Kigali

Ni mu marushanwa yateguwe n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, akomeje gukinirwa mu Ntara zitandukanye zigize u Rwanda.

Mu mukino wa nyuma wabaye kuwa Gatandatu tariki 15 Ukwakira 2022, ubera ku kibuga cyo kwa Mironko.

Ikipe ya New Generation FA y’abatarengeje imyaka 17, ibifashijwe na Jules ku munota wa 37 na Christian ku munota wa 51, yatsinze LDK U17 ibitego 2-0.

Aya marushanwa yiswe ‘Provincial Stage Of Ferwafa’ yakiniwe muri League (Zone), aho buri zone igomba guhararirwa n’ikipe imwe.

Ibi birahita bisobanura neza ko New Generation FA ya Museveni Robert, ari yo izahagararira Umujyi wa Kigali.

New Generation FA ni Irerero rikora kandi ritanga umusaruro.

Iri rerero ubusanzwe ribarizwa mu Murenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro, rikaba ryarashinzwe n’umutoza witwa Museveni Robert uzwiho kuzamura impano z’abakiri bato.

Imyitozo bayikorera ku kibuga giherereye mu Akagari ka Karama, muri uyu Murenge n’ubundi.

Rizwiho gutanga abakinnyi mu makipe atandukanye, cyane ko benshi mu bahavuye biganje mu zikina icyiciro cya Kabiri.

New Generation FA ni Irerero ritanga umusaruro mwiza
New Generation ifite abakinnyi bato bibitseho

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Baraka says:
    October 16, 2022 at 10:36 pm

    Ibi byaribyiza gusa nuko mumikino nkiyi hatagaragaramo bamwe mubayobora umupira wamaguru ngo nibura habonekemo abana bazamurwa mukindi kiciro kuburyo na barumuna babo bazagira umuhate wo gukina umupira wamaguru. ubundi abazamuka bava hehe ? ko araha bakabaye baturuka.

    Reply
  • uwera jojo says:
    October 16, 2022 at 11:00 pm

    abana barimo ezechiel wavutse 1993 c babuzwa niki gutsinda utwana tukiga secondary

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
Imikino

El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?