BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > NESA yahawe icyifuzo cyo koroshya mu mitegurire y’ibizamini ku isomo ry’Ubutabire n’Ubugenge

NESA yahawe icyifuzo cyo koroshya mu mitegurire y’ibizamini ku isomo ry’Ubutabire n’Ubugenge

admin
Last updated: October 20, 2022 8:47 am
admin
Share
SHARE

Muhanga:  Abiga muri GS Saint Joseph basabye NESA gushyira imiyaga mu mitegurire y’ibizami ku isomo cy’Ubutabire n’Ubugenge  kubera ko ayo masomo akunze gutsinda abakandida benshi basoza ibyiciro byombi.

Umuyobozi Mukuru wa REB Dr Mbarushimana Nelson avuga ko ibyo bavanye mu igenzura bigiye gusumwa

Ubwo hatangizwaga igenzura n’icyumweru cy’Uburezi mu bigo by’Amashuri i Kabgayi, abiga muri GS Saint Joseph basabye Ikigo gishinzwe ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) ko bajya bashyiramo icyo bise ‘imiyaga’ mu mitegurire y’ibizamini ku isomo ry’Ubutabire n’Ubugenge kuko ayo masomo ari yo babonamo amanota makeya.

Iki cyifuzo bagitanze ubwo Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga yerekanaga abayobozi batandukanye harimo n’uhagarariye NESA.

Mu ijambo rye Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice wize amashuri ye yisumbuye muri GS Saint Joseph,  yagize ati: “Ni iki mwifuza ko NESA ibakorera? [na bo ku ijwi rirenga mu mvugo igezweho] ngo ‘badushyiriremo imiyaga mu mitegurire y’ibizami’.”

Umwe mu bana wiga mu mwaka wa 4 mu ishami rya MEG avuga ko ikizamini cy’isomo ry’Ubutabire n’Ubugenge ari cyo cyabagoye basoza icyiciro rusange kubera ko ayo masomo abiri, ariyo na bamwe muri bagenzi be bavuga ko babonyemo amanota makeya ugereranyije n’ayo babonye mu yandi masomo.

Ati: “Bakunze gushyiramo imitego myinshi bikagora abanyeshuri, rwose NESA izajye ishyiramo imiyaga idohore.”

Uyu munyeshuri avuga ko ayo masomo uko ari abiri yatumye amanota ye agabanuka. Avuga ko abo bakorera ubuvugizi ari abo mu mwaka wa 3  basoza icyiciro rusange, ndetse n’abo mu mwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye.

Ntwari Xavier wiga mu mwaka wa 5 mu Ishami ry’imibare, Ubukungu, n’Ubumenyibw’Isi (MEG) avuga ko  iki cyifuzo basaba NESA batabiterwa n’ubuswa ahubwo ko mu gutegura ibyo bizami NESA yajya ibjshyira mu mvugo yoroshye buri munyeshuri abasha kumva.

Ati: “Erega hari n’abatazi indimi iyo bahawe ikizami gikomeye baratsindwa.”

Abiga muri GS Saint Joseph

Cyakora akavuga ko  hari n’abanebwe badashaka kunaniza ubwonko bahora bifuza guhabwa ibizamini byoroshye.

Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), Dr Mbarushimana Nelson avuga ko  ikizamini kibereyeho gusuzuma ibyo umuntu aba yize, abashinzwe kubitanga bagomba gutegura ibijyanye n’ibyo abanyeshuri bize.

Gusa yavuze ko buri wese iyo agiye kubazwa yifuza guhabwa ibyoroshye.

Ati: “Ibyo byasuzumwa, ariko ibizamini bihabwa abanyeshuri biba bigamije gutegura abantu bazagirira Igihugu akamaro.”

Mbarushimana avuga ko ibyifuzo byinshi mu igenzura barimo gukora bagiye kubikorera ubugororangingo bikazatangazwa mu minsi ya vuba, igenzura risojwe.

Mu bindi byagaragaye ni uburyo abanyeshuri by’umwihariko bishimiye inzego z’umutekano kuko hari abahoberanye ubwuzu abo mu ngabo z’igihugu na Polisi.

Abana bagaragaje ko bakunda abasirikare
Abana bari bashagaye umupolisi bamuhobera

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Nikuzwe says:
    October 21, 2022 at 10:22 am

    None bategura ibitari kuri program?cyaba ari ikibazo bitari kuri level y’abana.

    Njye ikibazo nkibona mu isomo rya biology S3 program ni ndende cyane ukurikije period igenewe mu mwaka.

    Reply
  • Claude says:
    October 22, 2022 at 7:40 am

    Ibyo bategura biri kuri program ikibazo ni program itari kurwego rwabana, urebye nka physics S3 kugirango umwana ayumve sinzi

    Reply
    • Dusabe says:
      October 22, 2022 at 1:40 pm

      Uretse umwana c burya mwalimu yapfa kujya kuyigisha atabanje kuyicaraho?unit15 ?mu masaha 4 mu cyumweru?

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?