BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ndayishimiye i Nairobi mu biganiro bishakira amahoro Congo

Ndayishimiye i Nairobi mu biganiro bishakira amahoro Congo

admin
Last updated: November 27, 2022 4:49 pm
admin
Share
SHARE

Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, unayoboye umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, yafashe indege imwerekeza i Nairobi mu biganiro bigamije gushakira amahoro Congo.

Perezida Ndayishimiye Evariste ubwo yari ku kibuga cy’indege agiye i Nairobi

Ibiro by’Umukuru w’igihugu byavuze ko Evariste Ndayishimiye yamaze kwerekeza muri Kenya, mu biganiro bitegerejwe kuri uyu wa Mbere.

Ni ibiganiro bya gatatu bihuza Abanye-congo batandukanye barimo imitwe yitwaje intwaro, abayobozi b’abaturage (chefs coutumiers), imiryango itari iya Leta, bakaganira n’Abayobozi ba Leta ya Congo.

Umutwe wa M23 umaze iminsi wotsa igitutu ingabo za Leta ya Congo mu burasirazuba ntabwo wohereje intuma i Nairobi.

Leta ya Congo ivuga ko nta biganiro wagirana n’umutwe wa M23 ifata nk’uw’iterabwoba, mu gihe utaremera kurekura uduce wafashe.

Perezida Ndayishimiye asezera abamuherekeje

Urubuga rushyigiye M23, rwa Twitter, y’uwisiye “Général Sultan MAKENGA notre espoir,” ruvuga ko inyeshyamba za M23 nyuma yo gufata agace ka Kitshanga, na Masisi, ubu zizengurutse ahitwa Sake.

M23 yafashe uduce turimo Bunagana, Kiwanja, Katwiguru, Ishasha, Kibumba, Rutshuru, n’ahandi, ikavuga ko igihe ingabo za Leta, FARDC zayigabaho ibitero izirwanaho.

Ku wa Gatandatu ikiciro cya gatatu cy’ingabo za Kenya cyageze muri Congo, i Goma mu rwego rw’ingabo z’Akarere zizakoreshwa mu kujya hagati y’ingabo za Congo n’abarwanya Leta kugira ngo inzira y’ibiganiro ikomeze, ndetse zikazanagira uruhare mu kwambura intwaro inyeshyamba.

Abandi basirikare ba Kenya bageze i Goma ku wa Gatandatu

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Ggg says:
    November 28, 2022 at 9:42 am

    Iyo mitwe se iraganira na DRC Kdi ar’iyayo?niyo yayishyizeho.naho igituma batemera M23 n’uko ataribo bayishyizeho,M23 i’ibahonde kuko basangiye igihugu niba inashyigikiwe n’ibihugu by’akarere byab’aruko izira uko baremwe kdi nta ukwiye kuzira ko ar’umututsi kugeza n’aho bamutemagurana n’amatungo ye kdi bikorwa n’abafatanya-bikorwa ba DRC baturutse mu Rwanda bakoze Jenocide

    Reply
  • Ggg says:
    November 28, 2022 at 9:42 am

    Iyo mitwe se iraganira na DRC Kdi ar’iyayo?niyo yayishyizeho.naho igituma batemera M23 n’uko ataribo bayishyizeho,M23 i’ibahonde kuko basangiye igihugu niba inashyigikiwe n’ibihugu by’akarere byab’aruko izira uko baremwe kdi nta ukwiye kuzira ko ar’umututsi kugeza n’aho bamutemagurana n’amatungo ye kdi bikorwa n’abafatanya-bikorwa ba DRC baturutse mu Rwanda bakoze Jenocide

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

2 Min Read
Mu mahanga

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?