BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, May 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

sam
Last updated: May 31, 2025 2:28 pm
sam
Share
SHARE

Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, yahishuye ko umuryango mpuzamahanga wagize uruhare mu kwibira amajwi Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu mpera za 2018.

Mu kiganiro cyatambutse ku muyoboro wa Youtube wa Mario Nawfal, Nangaa yashimangiye ko Tshisekedi ari ku butegetsi atigeze atorerwa kuva mu myaka irenga itandatu ishize, kandi ko ari kukiroha mu manga y’ibibazo birimo amacakubiri.

Nangaa yabaye Perezida wa Komisiyo y’Amatora ya RDC kuva mu 2015 kugeza mu 2021. Ni we watangaje ko Tshisekedi yatsinze amatora yo mu 2018 ku majwi 38,56%, akurikirwa na Martin Fayulu wagize 34,82%.

Yabajijwe niba atari we wafashije Tshisekedi kujya ku butegetsi, asubiza ko kwibira uyu Mukuru w’Igihugu amajwi byagizwemo uruhare n’inzego zitandukanye za Leta ya RDC n’umuryango mpuzamahanga.

Yagize ati “Sinateguye intsinzi ya Tshisekedi ahubwo habayeho gukorana kw’inzego nyinshi. Urabizi ko iyo utegura amatora, Komisiyo y’Amatora iyagiramo uruhare ariko hari abandi nk’Inteko Ishinga Amategeko, igisirikare, izindi nzego nka Guverinoma ariko n’umuryango mpuzamahanga iyo bigeze kuri Congo.”

Nangaa yasobanuye ko abari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri RDC (MONUSCO) na bo bagize uruhare mu guha Tshisekedi intsinzi y’amatora.

Ati “Bose bari bahari kandi barabyemeye bati ‘Ntacyo bitwaye. Ubu ni bwo buryo bwiza’. Ni yo mpamvu navuze ko atari njyewe. Yewe na MONUSCO, ubutumwa bwa Loni, yabigizemo uruhare.”

Martin Fayulu ni we wari watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu mu 2018. Uyu munyapolitiki aracyabihamya, agaragaza ko ari we Perezida wa RDC watowe n’abaturage nubwo Tshisekedi ari we uyoboye iki gihugu

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanyuzwe n’ibiganiro yagiranye na Joseph Kabila

Ihuriro rya politiki n’ingabo rya AFC/M23 ryatangaje ko ryagiranye ibiganiro byubaka na…

Namibia: Intare yishe mukerarugendo agiye ku bwiherero

Mu gihe yari mu biruhuko mu nkambi y’ubukerarugendo muri Namibia, umukerarugendo w’imyaka…

AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

Ihuriro AFC/M23 ryashinje ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutandukanya ubutaka…

Loni iratabariza abaturage ba Gaza bugarijwe n’inzara 100%

Umuryango w’Abibumbye Loni uratanga impuruza ko abaturage ba Gaza 100% bugarijwe n’inzara…

Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, yahishuye ko umuryango mpuzamahanga wagize uruhare mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yasobanuye ubufasha Mobutu yahaye Habyarimana bwabyaye ingaruka z’umutekano muke w’akarere uyu munsi

3 Min Read
Politike

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

1 Min Read
Politike

Museveni ahamya ko Leta ya RDC ifite uruhare mu mutekano wazambye

2 Min Read
Politike

Kabila yaganiriye n’abayobozi ba AFC/M23

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?