Mu gihe yari mu biruhuko mu nkambi y’ubukerarugendo muri Namibia, umukerarugendo w’imyaka 59 yishwe n’intare.
Uwo mugabo wishwe n’intare yitwa Bernd Kebbel, yari asanzwe ari umucuruzi ariko akunda ibijyanye n’ibidukikije.
Uwo mugabo yari aryamye mu ihema rya ba mukerarugendo ahantu hitaruye, intare iza kuhamusanga iramwivugana. Yamufashe ubwo yari asohotse mu gitondo agiye ku bwiherero.
Abandi bari bacumbitse aho babashije guhunga mu gihe uwo mugabo yari amaze gupfa.
Mu 2023, muri ako gace hari habaruwe intare nkuru zigera kuri 60.