BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Muvunyi Paul yizeye igikombe cya shampiyona muri Haringingo

Muvunyi Paul yizeye igikombe cya shampiyona muri Haringingo

admin
Last updated: August 16, 2022 1:00 pm
admin
Share
SHARE

Uwahoze ayobora Rayon Sports mu myaka ishize, Muvunyi Paul, yahamagariye abakunzi b’iyi kipe kugira ubumwe no gufasha ikipe, ahamya ko afitiye icyizere umutoza Haringingo Francis.

Abafana ba Rayon Sports FC Muvunyi yabasabye kongera gushyira hamwe

Ku wa Mbere tariki 15 Kanama 2022, mu birori biryohereye ijisho, ikipe ya Rayon Sports yerekanye abakinnyi izakoresha uyu mwaka w’imikino 2022/2023.

Nyuma yo kugura abakinnyi batandukanye bazafasha iyi kipe, abakunzi bayo bakomeje guhamagarirwa kongera kwegera ikipe yabo bakayifasha kugira ngo izabe ishaka kimwe mu bikombe bikinirwa mu Rwanda [icya shampiyona n’icy’Amahoro].

Muvunyi Paul wayoboye Rayon Sports kuva mu 2017 kugeza mu 2019, ari mu bahamagariye abakunzi b’iyi kipe kugaruka kunga ubumwe bwabo kugira ngo bafatane urunana rwo kubaka ikipe yabo.

Uyu mugabo wayoboye iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda, aganira n’abakunzi bayo mu rubuga bahuriramo bagatangiramo ibitekerezo, yavuze ko we afitiye icyizere abatoza b’iyi kipe.

Ati “Ubu turatahiriza umugozi umwe. Abafana, ubuyobozi, staff. N’ukuri twese dukumbuye biriya birori ntawe uhejwe dushyire hamwe byose birashoboka.”

Yongeyeho ati “Dufite ikipe nziza, abatoza, imyitozo. Bizatanga umusaruro mu Gihugu no hanze yacyo.”

Impamvu yo guhamagarira abakunzi ba Rayon Sports gushyira hamwe, ije nyuma y’uko iyi kipe ivuzwemo gutatana kw’abakunzi bayo byatewe no kuba bamwe bataremeraga ubuyobozi bwasimbuye Muvunyi.

Ubwo Rayon Sports FC yageraga mu matsinda ya CAF Confederation Cup, yari mu maboko ya Muvunyi Paul waje gusimburwa na Munyakazi Sadate.

Muvunyi Paul afitiye icyizere abatoza ba Rayon Sports FC
Rayon Sports ishobora kuzagorana uyu mwaka
Abakunzi ba Rayon Sports bongeye kugaruka kuri Stade

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
Imikino

El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?