BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Muvunyi Paul yizeye igikombe cya shampiyona muri Haringingo

Muvunyi Paul yizeye igikombe cya shampiyona muri Haringingo

admin
Last updated: August 16, 2022 1:00 pm
admin
Share
SHARE

Uwahoze ayobora Rayon Sports mu myaka ishize, Muvunyi Paul, yahamagariye abakunzi b’iyi kipe kugira ubumwe no gufasha ikipe, ahamya ko afitiye icyizere umutoza Haringingo Francis.

Abafana ba Rayon Sports FC Muvunyi yabasabye kongera gushyira hamwe

Ku wa Mbere tariki 15 Kanama 2022, mu birori biryohereye ijisho, ikipe ya Rayon Sports yerekanye abakinnyi izakoresha uyu mwaka w’imikino 2022/2023.

Nyuma yo kugura abakinnyi batandukanye bazafasha iyi kipe, abakunzi bayo bakomeje guhamagarirwa kongera kwegera ikipe yabo bakayifasha kugira ngo izabe ishaka kimwe mu bikombe bikinirwa mu Rwanda [icya shampiyona n’icy’Amahoro].

Muvunyi Paul wayoboye Rayon Sports kuva mu 2017 kugeza mu 2019, ari mu bahamagariye abakunzi b’iyi kipe kugaruka kunga ubumwe bwabo kugira ngo bafatane urunana rwo kubaka ikipe yabo.

Uyu mugabo wayoboye iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda, aganira n’abakunzi bayo mu rubuga bahuriramo bagatangiramo ibitekerezo, yavuze ko we afitiye icyizere abatoza b’iyi kipe.

Ati “Ubu turatahiriza umugozi umwe. Abafana, ubuyobozi, staff. N’ukuri twese dukumbuye biriya birori ntawe uhejwe dushyire hamwe byose birashoboka.”

Yongeyeho ati “Dufite ikipe nziza, abatoza, imyitozo. Bizatanga umusaruro mu Gihugu no hanze yacyo.”

Impamvu yo guhamagarira abakunzi ba Rayon Sports gushyira hamwe, ije nyuma y’uko iyi kipe ivuzwemo gutatana kw’abakunzi bayo byatewe no kuba bamwe bataremeraga ubuyobozi bwasimbuye Muvunyi.

Ubwo Rayon Sports FC yageraga mu matsinda ya CAF Confederation Cup, yari mu maboko ya Muvunyi Paul waje gusimburwa na Munyakazi Sadate.

Muvunyi Paul afitiye icyizere abatoza ba Rayon Sports FC
Rayon Sports ishobora kuzagorana uyu mwaka
Abakunzi ba Rayon Sports bongeye kugaruka kuri Stade

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?