BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Aug 1, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Mutamba yasabye ko Minisitiri w’Intebe ahamagazwa mu rubanza rwe

Mutamba yasabye ko Minisitiri w’Intebe ahamagazwa mu rubanza rwe

sam
Last updated: July 31, 2025 10:24 am
sam
Share
SHARE

Constant Mutamba Tungunga wabaye Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye urukiko rusesa imanza guhamagaza Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa Tuluka, n’abandi bayobozi benshi mu rubanza rwe.

Iki cyifuzo yagitanze ku wa 30 Nyakanga 2025 ubwo yasubiraga muri uru rukiko, aho ashinjwa kunyereza miliyoni 19$ zo mu mushinga wo kubaka Gereza ya Kisangani mu ntara ya Tshopo ubwo yari Minisitiri w’Ubutabera.

Mu iburanisha ryabaye tariki ya 23 Nyakanga, Mutamba yabwiye urukiko ko aya mafaranga atigeze anyerezwa, ahubwo ko ari kuri konti ya sosiyete Zion Construction SARL yatsindiye isoko ryo kubaka Gereza ya Kisangani.

Ati “Muri uyu mwanya ndi imbere yanyu, miliyoni 19$ nshinjwa ziri kuri banki. Minisitiri w’Ubutabera Constant Mutamba ntiyigeze afatamo n’idolari. Wanyereza ute amafaranga atarigeze akorwaho?”

Ubwo Mutamba yasubiraga mu rukiko, yagaragaje ko gahunda yo kubaka Gereza ya Kisangani itari mu biganza bye wenyine nka Minisitiri w’Ubutabera, ahubwo ko hari n’abandi bayobozi benshi bayifasheho ibyemezo.

Ni aho yahereye asaba ko Minisitiri w’Intebe, Rose Mutombo wabaye Minisitiri w’Ubutabera, Jules Alingete wabaye Umuyobozi w’urwego rushinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari (IGF), Minisitiri wa Siporo, Minisitiri ushinzwe ibikorwaremezo n’imirimo ya Leta n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’urwego rushinzwe iperereza ku mari (CENALEF) bahamagazwa kugira ngo batange ibisobanuro.

Minisitiri w’Intebe n’Umushinjacyaha Mukuru mu rukiko rusesa imanza, Firmin Mvonde, ni bamwe mu bo Mutamba yatunze urutoki ubwo yisobanuraga imbere y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, abashinja gushaka kumwikiza kugira ngo ibikorwa bibi byabo bigende neza.

Ubushinjacyaha Bukuru na bwo bwagaragaje ko bwiteguye kujyana mu rukiko abayobozi batandukanye muri Minisiteri y’Ubutabera, abahagarariye ikigega FRIVAO gishyirwamo amafaranga yagenewe abagizweho ingaruka n’ibyaha ingabo za Uganda zakoreye muri Kisangani ndetse n’abagize uruhare mu koherereza Zion Construction amafaranga, kugira ngo batange ubuhamya.

Ubushinjacyaha Bukuru buhamya ko miliyoni 19$ Mutamba ashinjwa kunyereza zoherejwe kuri konti ya Zion Construction mu buryo bunyuranyije n’amategeko, abigizemo uruhare rukomeye nk’uwari ushinzwe gukurikirana ibikorwa byo kubaka Gereza ya Kisangani.

Mutamba yari yarabwiye abagize Inteko ko aya mafaranga yayoberejwe kuri konti y’ikigo cya baringa, anabisabira imbabazi ariko yageze mu rukiko ahindura imvugo, agaragaza uburyo Zion Construction yayahawe binyuze mu nzira zemewe n’amategeko.

Biteganyijwe ko urubanza ruzakomeza tariki ya 4 Kanama 2025. Urukiko nirubona ari ngombwa, ruzahamagaza Minisitiri w’Intebe n’abandi bayobozi Mutamba yifuje ko batanga ibisobanuro.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Herekanywe Amashusho Ashinja Kabila Ubugambanyi

Ubwo humvwaga ubuhamya bw’ubushinjacyaha ku birego bwareze Joseph Kabila, urukiko rwasabye ko…

Abarimu ibihumbi 26 bari mu burezi ntibabwize_REB

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) rwatangaje ko abarimu bagera ku bihumbi…

Imirimo yakorwaga na BDF yimuriwe muri BRD

Guverinoma y'u Rwanda yimuriye muri Banki y'Amajyambere y'u Rwanda (BRD) inshingano z'Ikigega…

ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byahuriye mu nama ya…

Abarimu batazi Icyongereza ntibazirukanwa, bazahugurwa- MINEDUC

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yavuze ko hari abarimu n’abayobozi b’ibigo bahuguwe ndetse hakiri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Urubanza rwa Joseph Kabila ruratangira i Kinshasa, araregwa ibyaha bihanishwa urwo gupfa

4 Min Read
Ubutabera

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

2 Min Read
Ubutabera

Abanyamayegeko ba Constant Mutamba bwasabye urukiko kudaha agaciro ibyavuye mu iperereza ry’ubushinjacyaha

2 Min Read
Ubutabera

Urukiko Rukuru rwimuriye urubanza rwa Ingabire n’abayoboke b’ishyaka rye muri Nzeri 2025

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?