BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Mutamba yasabye ko Minisitiri w’Intebe ahamagazwa mu rubanza rwe

Mutamba yasabye ko Minisitiri w’Intebe ahamagazwa mu rubanza rwe

sam
Last updated: July 31, 2025 10:24 am
sam
Share
SHARE

Constant Mutamba Tungunga wabaye Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye urukiko rusesa imanza guhamagaza Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa Tuluka, n’abandi bayobozi benshi mu rubanza rwe.

Iki cyifuzo yagitanze ku wa 30 Nyakanga 2025 ubwo yasubiraga muri uru rukiko, aho ashinjwa kunyereza miliyoni 19$ zo mu mushinga wo kubaka Gereza ya Kisangani mu ntara ya Tshopo ubwo yari Minisitiri w’Ubutabera.

Mu iburanisha ryabaye tariki ya 23 Nyakanga, Mutamba yabwiye urukiko ko aya mafaranga atigeze anyerezwa, ahubwo ko ari kuri konti ya sosiyete Zion Construction SARL yatsindiye isoko ryo kubaka Gereza ya Kisangani.

Ati “Muri uyu mwanya ndi imbere yanyu, miliyoni 19$ nshinjwa ziri kuri banki. Minisitiri w’Ubutabera Constant Mutamba ntiyigeze afatamo n’idolari. Wanyereza ute amafaranga atarigeze akorwaho?”

Ubwo Mutamba yasubiraga mu rukiko, yagaragaje ko gahunda yo kubaka Gereza ya Kisangani itari mu biganza bye wenyine nka Minisitiri w’Ubutabera, ahubwo ko hari n’abandi bayobozi benshi bayifasheho ibyemezo.

Ni aho yahereye asaba ko Minisitiri w’Intebe, Rose Mutombo wabaye Minisitiri w’Ubutabera, Jules Alingete wabaye Umuyobozi w’urwego rushinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari (IGF), Minisitiri wa Siporo, Minisitiri ushinzwe ibikorwaremezo n’imirimo ya Leta n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’urwego rushinzwe iperereza ku mari (CENALEF) bahamagazwa kugira ngo batange ibisobanuro.

Minisitiri w’Intebe n’Umushinjacyaha Mukuru mu rukiko rusesa imanza, Firmin Mvonde, ni bamwe mu bo Mutamba yatunze urutoki ubwo yisobanuraga imbere y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, abashinja gushaka kumwikiza kugira ngo ibikorwa bibi byabo bigende neza.

Ubushinjacyaha Bukuru na bwo bwagaragaje ko bwiteguye kujyana mu rukiko abayobozi batandukanye muri Minisiteri y’Ubutabera, abahagarariye ikigega FRIVAO gishyirwamo amafaranga yagenewe abagizweho ingaruka n’ibyaha ingabo za Uganda zakoreye muri Kisangani ndetse n’abagize uruhare mu koherereza Zion Construction amafaranga, kugira ngo batange ubuhamya.

Ubushinjacyaha Bukuru buhamya ko miliyoni 19$ Mutamba ashinjwa kunyereza zoherejwe kuri konti ya Zion Construction mu buryo bunyuranyije n’amategeko, abigizemo uruhare rukomeye nk’uwari ushinzwe gukurikirana ibikorwa byo kubaka Gereza ya Kisangani.

Mutamba yari yarabwiye abagize Inteko ko aya mafaranga yayoberejwe kuri konti y’ikigo cya baringa, anabisabira imbabazi ariko yageze mu rukiko ahindura imvugo, agaragaza uburyo Zion Construction yayahawe binyuze mu nzira zemewe n’amategeko.

Biteganyijwe ko urubanza ruzakomeza tariki ya 4 Kanama 2025. Urukiko nirubona ari ngombwa, ruzahamagaza Minisitiri w’Intebe n’abandi bayobozi Mutamba yifuje ko batanga ibisobanuro.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Ukekwaho kugira uruhare muri jenoside yafashwe agiye kwaka serivise za leta

3 Min Read
Ubutabera

Kinshasa :Umusirikare ushinjwa gusomana n’umukunziwe yambaye impuzankano yakatiwe

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umuvugabutumwa wagaragaye asaba abakiristu imitungo kugira ngo bakubirwe kenshi yatawe muri yombi

2 Min Read
Ubutabera

Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afungiwe ruswa yagizwe umwere 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?