BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Museveni yategetse ko ibigo by’amashuri bitagira ibibuga bya siporo byimwa impushya

Museveni yategetse ko ibigo by’amashuri bitagira ibibuga bya siporo byimwa impushya

sam
Last updated: September 12, 2025 11:00 am
sam
Share
SHARE

Perezida wa Uganda,Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko nta shuri ryo mu gihugu cye rizahabwa uruhushya rwo gukora ritagira ibibuga by’imikino.

Yabigarutseho ubwo yakiraga ku meza abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’Umupira ‘Amaguru (Uganda Cranes), iherutse kwitabira Shampiyona Nyafurika ihuza abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2024), imaze iminsi ibera muri Kenya, Tanzania na Uganda.

Ni icyemezo kijyanye no kwimakaza iterambere ry’umupira w’amaguru no kuzamura impano bihereye hasi mu mashuri.

Hishimirwaga intambwe Uganda Cranes yateye, yo kugera muri kimwe cya kane cya CHAN.

Ati “Nta kigo cy’ishuri gikwiriye kwemererwa gukora kitagira ahagenewe gukorera siporo. Ntabwo ibi bisaba amafaranga, ahubwo bijyanye na politiki no kwitegura neza.”

Museveni yavuze ko siporo igomba gutezwa imbere, na cyane ko Guverinoma iri gukora iyo bwabaga kugira ngo iteze imbere ibikorwaremezo bya siporo mu gihugu hose.

Ati “Guverinoma izakomeza kubako no kuvugurura ibikorwaremezo bya siporo mu gihugu hose nk’uko twabikoze i Namboole.”

Perezida Museveni yavugaga kuri Sitade ya Namboole iherutse kuvugururwa kugira ngo yakire imikino ya CHAN n’amarushanwa y’Igikombe cya Afurika (CAN).

Museveni yavuze ko ibyo bizajyana no kuzamura impano, asaba ko n’ibigo bitandukanye bigomba kubigiramo uruhare. Ati “Nka polisi n’igisirikare, tukabaha akazi n’amahirwe yo kwitoza bakajya no mu marushanwa.”

Yavuze ko ibyo bigomba gutangirira ku kwimakaza ubuzima bwiza, abantu bakabona indyo yuzuye kuko “umwana wagaburiwe neza ari we uvamo umukinnyi ufite imbaraga.”

Yeretse abakinnyi ba Uganda ko siporo ituma umuntu agira ikinyabupfura, gukorera hamwe n’ibindi bituma igihugu gitera imbere.

Uyu muyobozi yahiguye n’umuhigo yari yaremereye aba bakinnyi mu marushanwa bavuyemo. Yari yabemereye miliyoni 30 z’Amashilingi ya Uganda kuri buri mukino. Ibituma angana na miliyari 1,2 z’Amashilingi ya Uganda.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
Mu mahanga

Bobi Wine ntakozwa ibyo kumvikana na Leta ya Uganda ngo ave mu bwihisho

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?