BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Museveni yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru aba Jenerali barindwi avuga ko abapfunyikiye impamba y’agatubutse

Museveni yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru aba Jenerali barindwi avuga ko abapfunyikiye impamba y’agatubutse

sam
Last updated: August 9, 2025 12:25 pm
sam
Share
SHARE

Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yayoboye umuhango wo gusezera ku ba Gen barindwi barimo uwahoze ari umugaba Mukuru w’ingabo za UPDF bagiye mu kirihuko cy’izabukuru.

Abagiye muri icyo kirihuko ni Lt Gen Peter Elwelu, wabaye umugaba mukuru wungirije wa UPDF, Lt Gen Francis Okello, Maj Gen Hudson Mukasa, Maj Gen George Igumba, Brig Gen John Byuuma, Brig Gen Dominic Twesigomwe na Brig Gen Augustine Kyazze, basezerewe mu muhango wabereye Entebbe mu biro bya Perezida Museveni ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 8 Kanama 2025.

Aba basirikare bakuru basezerewe bagize icyiciro cya 15 cy’abasirikare bagiye muzabukure kigizwe n’abasirikare 1,346.

Mu ijambo rye, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yibukije iminsi ya mbere y’urugamba rwo kwibohora igihugu rwashyizeho umusingi kuri UPDF y’ubu.

Yavuze uko intambara n’ibikorwa byo kwitanga byatangiye ari igikorwa gito cyaje gukura kikaba igisirikare gikomeye.

Yagize ati “Icyatangiye ari gito, ndetse kimeze nk’aho ntacyo byari bivuze, cyaje kuvamo igikomeye cyane. Nemeranya n’abashima Imana ku byo twagezeho.”

Yasobanuye ko ibikorwa bakoze byo kugaba ibitero bya mbere ku ngabo za leta mu 1981 byari igice cy’urugamba rwo gushaka ibiganiro aho gushaka intambara.

Ati “Ntabwo twashakaga kurwana, twashakaga kuvugana na UPC tukabasaba ngo bareke ibyo bakoraga. Ibyo bikorwa byari ubutumwa bwo kubamenyesha ko nibatabihagarika, ibintu bizaba bikomeye.”

Ku bijyanye n’umushahara w’abasirikare, Perezida Museveni yagarutse ku kamaro ko kugira umubare uhagije w’ingabo, ariko kandi hagashakwa uburyo bwo kuzamura imishahara n’imperekeza ku bajya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Ati “Ntabwo nshaka ko ba jenerali bajya mu kiruhuko bakennye. Twaravuze duti kubera ubukungu bwiyongereye, igihe kirageze ngo tugire icyo dukora ku mishahara y’abasirikare n’impamba y’abajya muzabukurumu”

Minisitiri w’Ingabo n’Ibikorwa by’Abasirikare b’Inkeragutabara, Hon. Jacob Marksons Oboth, yashimiye abagiye muzabukuru ku bwitange bagaragaje bakiri mu nshingano.

Ati “Amafaranga y’imperekeza muhawe ni menshi kurusha mbere, kandi ni mwe mwenyine mu mateka y’igihugu mubonye ayo mahirwe.”

Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi bakuru b’ingabo n’abandi baturutse mu nzego zitandukanye z’Igihugu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abarwanyi ba M23 bageze mu bilometero 30 basatira umujyi wa Uvira 

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Ukuboza, wigaruriye…

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

Umutwe witwaje intwaro wa Twirwaneho watangaje ko uherutse guhanura kajugujugu yari itwawe…

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Mu mahanga

Muyaya yise intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC akantu gato ku gihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Ethiopia: Ikirunga cyarutse nyuma y’imyaka ibihumbi 12 gisinziriye 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?