BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Aug 9, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Museveni yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru aba Jenerali barindwi avuga ko abapfunyikiye impamba y’agatubutse

Museveni yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru aba Jenerali barindwi avuga ko abapfunyikiye impamba y’agatubutse

sam
Last updated: August 9, 2025 12:25 pm
sam
Share
SHARE

Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yayoboye umuhango wo gusezera ku ba Gen barindwi barimo uwahoze ari umugaba Mukuru w’ingabo za UPDF bagiye mu kirihuko cy’izabukuru.

Abagiye muri icyo kirihuko ni Lt Gen Peter Elwelu, wabaye umugaba mukuru wungirije wa UPDF, Lt Gen Francis Okello, Maj Gen Hudson Mukasa, Maj Gen George Igumba, Brig Gen John Byuuma, Brig Gen Dominic Twesigomwe na Brig Gen Augustine Kyazze, basezerewe mu muhango wabereye Entebbe mu biro bya Perezida Museveni ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 8 Kanama 2025.

Aba basirikare bakuru basezerewe bagize icyiciro cya 15 cy’abasirikare bagiye muzabukure kigizwe n’abasirikare 1,346.

Mu ijambo rye, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yibukije iminsi ya mbere y’urugamba rwo kwibohora igihugu rwashyizeho umusingi kuri UPDF y’ubu.

Yavuze uko intambara n’ibikorwa byo kwitanga byatangiye ari igikorwa gito cyaje gukura kikaba igisirikare gikomeye.

Yagize ati “Icyatangiye ari gito, ndetse kimeze nk’aho ntacyo byari bivuze, cyaje kuvamo igikomeye cyane. Nemeranya n’abashima Imana ku byo twagezeho.”

Yasobanuye ko ibikorwa bakoze byo kugaba ibitero bya mbere ku ngabo za leta mu 1981 byari igice cy’urugamba rwo gushaka ibiganiro aho gushaka intambara.

Ati “Ntabwo twashakaga kurwana, twashakaga kuvugana na UPC tukabasaba ngo bareke ibyo bakoraga. Ibyo bikorwa byari ubutumwa bwo kubamenyesha ko nibatabihagarika, ibintu bizaba bikomeye.”

Ku bijyanye n’umushahara w’abasirikare, Perezida Museveni yagarutse ku kamaro ko kugira umubare uhagije w’ingabo, ariko kandi hagashakwa uburyo bwo kuzamura imishahara n’imperekeza ku bajya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Ati “Ntabwo nshaka ko ba jenerali bajya mu kiruhuko bakennye. Twaravuze duti kubera ubukungu bwiyongereye, igihe kirageze ngo tugire icyo dukora ku mishahara y’abasirikare n’impamba y’abajya muzabukurumu”

Minisitiri w’Ingabo n’Ibikorwa by’Abasirikare b’Inkeragutabara, Hon. Jacob Marksons Oboth, yashimiye abagiye muzabukuru ku bwitange bagaragaje bakiri mu nshingano.

Ati “Amafaranga y’imperekeza muhawe ni menshi kurusha mbere, kandi ni mwe mwenyine mu mateka y’igihugu mubonye ayo mahirwe.”

Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi bakuru b’ingabo n’abandi baturutse mu nzego zitandukanye z’Igihugu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Besigye cyo gufungurwa by’agateganyo

Umucamanza wo muri Uganda yateye utwatsi icyifuzo cya Dr. Kiiza Besigye cyo…

APR Fc yongeye gutombora Pyramide Fc muri CAF Champions League

APR FC yongeye gutombora Pyramids FC yo mu Misiri mu ijonjora ry'ibanze…

Museveni yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru aba Jenerali barindwi avuga ko abapfunyikiye impamba y’agatubutse

Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yayoboye umuhango wo gusezera ku ba…

Perezida Zelensky yamaganye gahunda yo guhura kwa Trump na Putin bahanganye

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yamaganye ibiganiro by’imbonankubone bizahuza Donald Trump na…

Kigali: Abantu 10 batawe muri yombi bakekwaho ibirimo gutobora inzu z’abaturage bakiba

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Nestor Ntahontuye, yarahiriye kuyobora Guverinoma nshya nka Minisitiri w’Intebe mu Burundi.

1 Min Read
Mu mahanga

Gaza: Loni yongeye gutanga umuburo ku nzara iri guca ibintu

2 Min Read
Mu mahanga

Ubwato bwarimo abimukira barenga 150 bwarohamye benshi barapfa abandi baburirwa irengero

1 Min Read
Mu mahanga

Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?