BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Semivumbi wahutajwe n’imbogo yaje gupfa

Musanze: Semivumbi wahutajwe n’imbogo yaje gupfa

admin
Last updated: September 26, 2022 1:48 am
admin
Share
SHARE

Semivumbi Felicien wahutajwe n’imwe mu mbogo ebyiri zatorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ikamukomeretsa bikomeye, yaje gupfa.

Imbogo zaje kuraswa zirapfa kuko kuzisubiza muri Pariki byari byananiranye

Uyu mugabo yitabye Imana aho yarimo avurirwa mu Bitaro bya CHUK mu rukerera rwo kuri iki cyumweru tariki 25, Nzeri 2022.

Mu gitondo cyo ku wa 24 Nzeri 2022, nibwo imbogo ebyiri zatorotse Pariki y’Ibirunga zinjira ahatuye abaturage zihutaza umusaza witwa Semivumbi Felicien w’imyaka 70.

Bikiba yahise ajyanwa mu Bitaro bya Ruhengeri, nyuma yoherezwa CHUK kugira ngo yitabweho n’abaganga ariko nyuma aza gupfa.

Amakuru y’urupfu rw’uwo musaza yamenyekanye binyuze kuri Dusabimana Jean Claude, umwishywa wa nyakwigendera wari umurwaje nyuma yo kumenyeshwa n’abaganga bamwitagaho ku atakiriho.

Imbogo ebyiri zinjiye mu Midugudu ya Terimbere na Kabagabo mu Kagari ka Mugari, mu Murenge wa Musanze, aho zakomerekeje umusaza n’inka y’umuturage.

Nyuma zaje kuraswa zirapfa kuko kuzisubiza muri pariki byari byananiranye.

Imbogo zo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga zijya zitoroka zikinjira mu baturage, rimwe na rimwe zikabakomeretsa cyangwa zikangiza ibyabo birimo ibihingwa n’amatungo, kuko Pariki itazitiye neza yose.

Leta iracyashakisha igisubizo cyo gutandukanya izo nyamaswa n’abaturage.

Muri Gicurasi uyu mwaka imbogo yatorotse Pariki ikomeretsa bikomeye Habimana wo mu Mudugudu wa Kabara mu Kagari ka Ninda, mu Murenge wa Nyange ho mu Karere ka Musanze kuri ubu arakitabwaho n’abaganga.

Imbogo zavuye muri Pariki ari ebyiri

Yanditswe na Jean Claude BAZATSINDA 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • kabano says:
    September 26, 2022 at 9:54 am

    Inyamaswa nyinshi,harimo Inzoka,Imvubu,Imbogo,etc…zica abantu benshi buli mwaka.Gusa nkuko Yesaya 11:6-8 habyerekana,mu isi izaba nshya ivugwa henshi muli bible,abantu bazabana amahoro n’inyamaswa zose.Ndetse indwara n’urupfu biveho nkuko Ibyahishuwe 21:4 havuga.Ariko iyo si izaba paradizo izaturwa gusa n’abantu birinda gukora ibyo itubuza.Ndetse n’abapfuye barabyirindaga Imana izabazura ku munsi wa nyuma,ibahe ubuzima bw’iteka nkuko Yesu yavuze muli Yohana 6:40.

    Reply
  • Pingback: Habimana imbogo yamukuye amenyo 8, iramumugaza, umuryango we uratabaza – Umuseke
  • Pingback: Habimana imbogo yamukuye amenyo 8, iramumugaza, umuryango we uratabaza – Umuseke
  • NTIRENGANYA says:
    October 5, 2022 at 2:54 pm

    BIRABABEJE

    Reply
  • NTIRENGANYA says:
    October 5, 2022 at 2:54 pm

    BIRABABEJE

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?