BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

admin
Last updated: December 8, 2025 11:31 am
admin
Share
SHARE

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n’ikoreshwa by’ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu Karere ka Musanze k’ubufatanye n’izindi nzego n’abaturage, bamennye litiro 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge.

Iki gikorwa cyabaye mu gitondo wo ku cyumweru mu midugudu ya Nyanama na Gakoro mu kagali ka Kivugiza, mu Murenge wa Muko ho mu Karere ka Musanze.

Ni ibikorwa byafatiwemo abantu bane (4) bagira uruhare mu kwenga no gukwirakwiza ibyo binyobwa bitujuje ubuziranenge.

Polisi y’u Rwanda ishishikariza abaturage kwirinda gukora no kunywa ibi binyobwa bihabwa amazina atandukanye (Muriture, Nzogejo, Tunuri, Muhenyina,…) kuko bigira ingaruka ku mutekano n’imibereho myiza y’abaturage.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Inspector of Police (IP) Ignace Ngirabakunzi, avuga ko abakora bene ibi binyobwa bakomeza kugira inama yo kubireka, abinangiye bagafatwa, bakabibaza. Abaturage bashishishikarizwa gutanga amakuru y’aho bene ibyo binyobwa byenderwa kandi bakagirwa inama yo kwirinda kubinywa.

Ati “Ababyenga tubagira inama yo kubireka kandi Polisi izakomeza gufata abinangiye. Abaturage bagirwa inama yo kwirinda kunywa bene biriya binyobwa kuko byuje inenge bityo kubinywa bikaba bibangiriza ubuzima kandi bigahungabanya ituze rusange.

“Abantu bumve ko kunywa biriya binyobwa ari ukwishyira mu byago bityo babireke kandi batange amakuru y’aho byengerwa, ababikora babibazwe”

Benshi mu banywa ibinyobwa bitujuje ubuziranenge usanga aribo biganje mu bakora ibyaha ndetse no mu bahungabanya umutekano niyo mpamvu abaturage bashishishikarizwa kubigendera kure mbere y’uko bibagiraho ingaruka zaba iz’uburwayi cyangwa kwishora mu byaha.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

1 Min Read
Mu Rwanda

Kuki Abanyarwanda basabwa ruswa kuri serivisi zitangirwa ubuntu, bakaryumaho?

2 Min Read
Mu Rwanda

Rusizi: Abaturage bagaragaye mu mashusho banywa urumogi bagiye gukurikiranwa

3 Min Read
Mu Rwanda

Abanye-Congo 199 bahungiye mu Rwanda

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?