BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Babiri bafatanywe amacupa 6600 y’imitobe ya Novida ya magendu

Musanze: Babiri bafatanywe amacupa 6600 y’imitobe ya Novida ya magendu

admin
Last updated: September 26, 2022 10:26 am
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yafatiye mu Karere ka Musanze abantu babiri binjije mu gihugu magendu y’imitobe ya Novida, ivuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.

Amacupa 6600 ya y’imitobe ya Novida yafashwe yinjiye mu gihugu mu buryo butemewe

Abafashwe ni uwitwa Girimbabazi Fiona w’imyaka 28 y’amavuko na Nsengiyumva Eliezer w’imyaka 37, bafatiwe mu gipangu giherereye mu mudugudu wa Nyamuremure, Akagari ka Kigombe mu murenge wa Muhoza, aho bari bamaze kwinjiza coaster ipakiyemo imifuka 55 ya Novida.

Aba bombi batawe muri yombi ku wa gatandatu tariki 24 Nzeri 2022 niyo mitobe ya Novida ivanywe i Bugande hifashishijwe inzira zitemewe zizwi nka Panya.

Superintendent of Police (SP) Alex Ndayisenga, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko kugira ngo bafatwe, byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati ”Nyuma yo kwakira amakuru aturutse ku muturage ko hari imodoka ya Coaster ipakiye imifuka myinshi bicyekwa ko irimo ibicuruzwa bya Magendu, twahise dutangira ibikorwa byo kubifata, nibwo twageraga ku gipangu baturangiye giherereye mu mudugudu wa Nyamuremure, tuhasanga imifuka 55 irimo amacupa 6600 ya Novida yinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu, Girimbabazi ari we nyirayo n’umushoferi witwa Nsengiyumva bahita bafatwa.”

SP Ndayisenga yashimiye abaturage uburyo bakomeza gufatanya na Polisi mu gukumira no kurwanya ibyaha muri rusange batanga amakuru, yibutsa abakora ubucuruzi kwirinda kubukora mu buryo  bunyuranyije n’amategeko.

Abafashwe n’ibyo bafatanywe bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha rukorera kuri sitasiyo ya Muhoza kugira ngo hakomeze iperereza ku byo bakurikiranyweho.

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’ Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda, mu ngingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Ingingo ya 87 y’Itegeko N° 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019  rigena uburyo bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze kimwe mu bikorwa byo gukoresha inyandiko mpimbano mu ibaruramari rye; kwigana no gukoresha inyandiko cyangwa ibikoresho byo mu buyobozi bw’imisoro byifashishwa mu gusoresha; guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; gukora imenyekanisha rigaragaza ko umusoreshwa atacuruje; guhindura izina ry’ubucuruzi bikozwe n’ukurikiranweho umusoro; kwandika ubucuruzi ku wundi muntu mu buriganya; guhisha Ubuyobozi bw’Imisoro ibitabo by’ibaruramari cyangwa kubyangiza; gukoresha ibitabo by’ibaruramari by’ibihimbano; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

IVOMO : RNP
NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Ukekwaho kwica umuntu i Muhanga yafatiwe i Rubavu arimo gutoroka

2 Min Read
Ubutabera

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Ubutabera

Mugisha ukekwaho kwica agonze mugenzi we, dosiye ye yoherejwe mu bushinjacyaha

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?