BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi baremeye abatishoboye

Musanze: Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi baremeye abatishoboye

admin
Last updated: October 4, 2022 7:42 am
admin
Share
SHARE

Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Musanze bishimiye ibyo bamaze kugeraho n’ibyo bateganya gukora muri iyi manda ya Perezida wa Repubulika izasozwa 2024, bifatanya n’abatishoboye.

Babageneye ubufasha bw’inzu ebyiri babubakiye, batanga inka umunani,  baha imyambaro y’ishuri abanyeshuri 169 baturuka mu miryango itishoboye.

Ibi byakozwe mu nteko rusange y’abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Musanze yabaye mu mirenge yose y’ako karere ku cyumweru tariki 2 Ukwakira, 2022.

Barebeye hamwe ibimaze kugerwaho muri Manifesto y’Umuryango RPF n’ibiteganyijwe kugerwaho, banarebera hamwe ubukangurambaga mu mpinduramatwara zishyira umuturage ku isonga.

Bamwe muri abo banyamuryango bishimira iterambere bamaze kugeraho barikesha imiyoborere myiza n’umutekano igihugu gifite, bemeza ko RPF-Inkotanyi yabigizemo uruhare rukomeye binyuze kuri Chairman mukuru wayo, Perezida Paul Kagame.

Bariyanga Sylivestre wo mu murenge wa Kinigi, avuga ko kubera imiyoborere myiza yita ku baturage ubu yatangiriye ku buhinzi bw’ibirayi bworoheje, anabukora neza bukaba bumaze kumugeza ku rwego rwo kuba yarashinze sitasiyo ya essence ifasha abatuye mu gace atuyemo avuga ko katitabwaho mbere.

Yagize ati “Turishimira ko twageze kuri byinshi hano mu Kinigi birimo amashuri, amavuriro, kaburimbo, umudugudu w’icyitegererezo, amazi meza n’amashanyarazi. Nari nsanzwe ndi umuhinzi mpinga kuri are 20 nkomeza gutera imbere, ubu mpinga ibirayi kuri hegitari 7 nkaba ndi umuhinzi w’umwuga.”

Mukamanzi Alphonsine wagabiwe inka n’abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bo mu Kinigi, yagize ati “Ndishimye cyane kuko abana banjye wasangaga bari kujya gusaba amata mu baturanyi, ariko ubu bari kubyina.”

Yavuze ko agiye kubona ifumbire, ati “Nsezeye ubukene, ndashimira Perezida Paul Kagame wanyubakiye inzu none na RPF-Inkotanyi impaye inka, kandi yaduhaye umutekano. Yita no ku bantu bose itarobanuye, ikaduha amahirwe yo kwiteza imbere.”

Mukasano Gaudance ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimonyi akaba n’ushinzwe ubukangurambaga mu Miryango RPF- Inkotanyi muri uwo Murenge.

Yagize ati “Uyu munsi turi kugira uruhare mu kurandura imirire mibi. Murabona dufite inganda hano iwacu zitanga akazi kuri benshi bakivana mu bukene. Turizera ko ibiri muri manifesto nta kabuza tuzabigeraho.”

Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, Rumuli Janvier, avuga ko bazakomeza gushyira mu bikorwa ibikubiye muri manifesto y’Umuryango RPF-Inkotanyi, kandi ko bazakomeza kwita ku bikorwa bigira uruhare mu guteza imbere abaturage kuko ari bo shingiro rya byose.

Yagize ati “Aho twavuye ni kure kandi aho turi ni heza. Turifuza kugera kure bishoboka, kandi urugendo ruracyahari, tumaze kugira ingo zirenga 74% zifite amashanyarazi n’izirenga 81% zifite amazi meza, kandi turi guteza imbere ubucuruzi, uburezi, ubukerarugendo n’ibindi bituma habaho imibereho myiza y’abaturage.”

Rumuli avuga ko hakiri urugendo muri ibyo, ariko kubera imiyoborere myiza, umutekano n’amahirwe aboneka bazagera kuri byinshi.

Avuga ko “Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi babasaba gushyira hamwe, bagafatanya”.

Abanyamuryango ba RPF- Inkotanyi mu Karere ka Musanze babarirwa mu bihumbi 240 mu byiciro bitandukanye, bagira uruhare mu bikorwa by’imibereho myiza y’abaturage, ubutabera n’iterambere ry’abaturage.

Yanditswe na Jean Claude BAZATSINDA

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?