BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Nyarugenge: Baratunga urutoki rwiyemezamirimo wubatse ruhurura

Nyarugenge: Baratunga urutoki rwiyemezamirimo wubatse ruhurura

admin
Last updated: November 21, 2022 12:49 pm
admin
Share
SHARE

Abaturage bo mu Akagari ka Munanira II mu Murenge wa Nyakabanda, baravuga ko Barigye Geofrey wahawe isoko ryo kubaka ikiraro gihuza imidugudu ine yo muri aka Kagari,  batewe impungenge z’uburyo iyo ruhurura yubakwa nabi ihora iteza ibibazo by’amazi yangiriza abaturage.

Ruhurura yo muri Munanira II ikomeje kwangiriza abahatuye

Iyi ruhura imaze igihe isanwa, ihuza Imidugudu ine iri mu Akagari ka Munanira II. Iyo midugudu ni Gasiza, Kigabiro, Karudandi na Kanyange.

Uwitwa Barigye Geofrey, ni we wahawe isoko ryo kuyubaka ariko akomeje gutungwa urutoki n’Abaturage bo muri aka Kagari bavuga ko ingengo y’imari yatanzwe mu kubaka iyi ruhurura, atari yo akoreshwa kuko gihora gisenyuka, bigatuma amazi ahaca yangiriza abatuye muri iyi Midugudu.

Abatuye muri aka Kagali baganiriye na UMUSEKE, bavuga ko mu myubakire y’iyi ruhurura harimo kutubaka ibiramba kuko bihora byasenyutse kandi nyamara haratanzwe amafaranga ahagije yo kuyubaka.

Umwe ati “Bahora basana. Ni ruhurura ihora yasenyutse kandi nyamara haca abana benshi baba bagiye kwiga kuri APACE.”

Undi ati “N’ubwo ntazi amafaranga yahawe uyu rwiyemezamirimo ariko igihari kandi kigaragara, ni uko ayatanzwe atangana n’akoreshwa kuko ruhurura ihora yasenyutse.”

Undi ati “Njye ntewe impungenge n’amazi ahaca iyo imvura yaguye, bigatuma isenyera abaturage bo muri Munanira II. Ikirenze kuri ibyo ni uko hanaca abana. Ubuse bahaciye haguye imvura nyinshi ntiyabatwara? Rwiyemezamirimo yarahasondetse biragaragara.”

Aba bahatuye bavuga ko ntaho bavugira kuko aho batanze amakuru mu buyobozi bw’Umurenge wa Nyakabanda, ntacyo byatanze yewe no Muri Njyanama zombi iy’Umurenge n’Akagari.

UMUSEKE wifuje kuvugana n’uyu rwiyemezamirimo, Barigye Geofrey ariko ntiyitaba telefone ye igendanwa ndetse ntiyanasubiza ubutumwa bugufi twamwandikiye.

Amazi ava ku musozi wa Kigali, arahaca agakomeza ajya mu mugezi wa Nyabugogo, akaba asenya ibikorwaremezo birimo imihanda, ataretse gutwara ubuzima bw’abantu n’ibindi.

Ikigaragara ni uko iyi ruhurura yubatswe mu buryo butujuje ubaziranenge, unarebeye ku bikoresho biyubatse n’inkuta z’amabuye ziyubatse ntizishobora kuyobora neza amazi ahaca, ndetse isima na yo nta mbaraga.

Imvura yaguye ku wa Kane taliki 17 Ugushyingo 2022, yagaragaje urwego rw’iyi myubakire kuko iyi ruhurura yarangiritse.

Imaze igihe isanwa ariko mu buryo bufifitse
Ni ruhurura ikora ku Midugudu ine
Iyi ruhurura iteye impungenge abatuye muri Munanira II mu Murenge wa Nyakabanda

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

2 Min Read
Mu Rwanda

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

3 Min Read
Mu Rwanda

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

4 Min Read
Mu Rwanda

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?