BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Mukura VS yamaze kwishyura Djilali Bahloul

Mukura VS yamaze kwishyura Djilali Bahloul

admin
Last updated: September 21, 2022 1:21 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura Victory Sport et Loisir, bwemeje ko iyi kipe yamaze kwishyura ideni bwari bubereyemo uwahoze ari umutoza wayo, Djilali Bahloul watumye ihanwa na FIFA.

Abafana ba Mukura VS bagiye gusubizwa

Mu 2020, ni bwo ikipe ya Mukura VS yatangaje Djilali Bahloul nk’umutoza mukuru w’iyi kipe ariko aza kwirukanwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nyuma yo kwirukanwa, Djilali yahise agana inkiko za FIFA, ndetse Mukura VS itegekwa kumwishyura asaga miliyoni 45 Frw kandi itemerewe kugura abakinnyi mu gihe cyose itarishyura uyu mutoza.

Ibi byakomeje gukurikirana iyi kipe kugeza ubwo muri uyu mwaka yatangiranye shampiyona abakinnyi 14 gusa.

Amakuru meza aturuka i Huye, avuga ko ikipe ya Mukura yamaze kwishyura ideni ryose yari ifitiye Djilali, icyo itekereje ari uguhabwa uburenganzira na FIFA, ubundi ikinjiza abandi bakinnyi.

Ibi byatangajwe na perezida w’iyi kipe mu kiganiro yagiranye na B&B FM Umwezi, Maniriho Ndamage Jean Damascène.

Ati “Twagombaga gukora twarabikoze ubu igisigaye n’ubuvugizi mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umupira w’amaguru (FERWAFA) n’iryo ku isi (FIFA) bwo kuturekurira tukagura abakinnyi.”

Maniriho yakomeje ahamya ko gusubizwa bitazatinda kuko ibyo nka Mukura yagombaga gukora byose, byamaze gukorwa.

Ati “Mfite icyizere y’uko bizaba vuba hashoboka tukongera tukabona abakinnyi bahagije.”

Uyu muyobozi abajijwe niba hari abakinnyi baba baramaze kuganira, yasubije ko iyi kipe ititeguye kuzana amazina manini bitewe n’amikoro make ahari.

Ati “Gahunda yacu muri Mukura amazina  akomeye ntayarimo ntanayo duteganya gusa abakinnyi barakomeye amazina ni yo atazwi.”

Iyi kipe yamaze kuganira n’abakinnyi barimo Mico Justin na Itangishaka Ibarhim wakiniraga Étincelles FC y’i Rubavu.

Opoku Mensah ntabwo yirukanywe muri Mukura VS.

Uyu muyobozi yahakanye ko ikipe yirukanye rutahizamu Opoku Mensah nk’uko byavuzwe, ndetse uyu mukinnyi ari we wasezeye ikipe ku mpamvu ze bwite.

Ati “Ikibazo cya Opoku cyimaze igihe kirekire ariko bitandukanye n’ibyo njya numva hanze mu banyamakuru bavuga ko twamwirukanye ntawe nijyeze nirukana niwe wasezeye atwandikira atubwira ko ahagaritse akazi.”

Avuga ko bajuririye icyemezo cya FIFA, kugira ngo ikipe irenganurwe.

Ati “Mu byo twahaniwe ntabyo tuzi kuko icyo tuzi ni cy’uko umukinnyi yiyirukanye.”

 Uwari umuyobozi mukuru wa Mukura VS yarirukanywe!

Amakuru ava i Huye ahamya ko Gasana Jérôme wari Umuyobozi Mukuru wa Mukura VS, yamaze kwerekwa umuryango nyuma y’amakosa atandukanye yagiye akorwa nawe.

Gusa n’ubwo Gasana yamaze gutandukana n’iyi kipe, afitiwe amafaranga angana na miliyoni 10 Frw z’imishahara atahawe.

Mukura VS yamaze kwishyura Djilali Bahloul

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?