BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Umusore w’imyaka 23 yaguye muri Piscine

Muhanga: Umusore w’imyaka 23 yaguye muri Piscine

admin
Last updated: October 24, 2022 3:44 pm
admin
Share
SHARE

Inzego z’umutekano zatoraguye  umurambo w’umusore muri ‘Piscine ‘ i Kabgayi.

Bagenzi basize Nkundineza Pierre arimo kogana n’abandi bantu

Nkundineza Pierre  wakomokaga mu Mudugudu wa Nyabizenga Akagari ka Kirengeli mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, ariko akaba yari atuye mu Murenge wa Nyamabuye kuri ubu, yamanukanye na bagenzi bagiye kwishimisha no kwidagadura harimo no koga ararohama arapfa.

Masengesho Maranathan wabanaga na Nkundineza Pierre avuga ko yavuye mu rugo amusezeye ko agiye mu isabukuru y’umusore mugenzi we i Kabgayi, aramutegereza kugeza nijoro ntiyagaruka.

Ati: “Yansize mu rugo ndwaye ambwira ko agiye muri anniversaire  ya Carmel arambwira ati ‘urabona mberewe?’ Musubiza ko aberewe ahita agenda, ansezeranya ko ari ahanimugoroba.”

Masengesho avuga ko abonye adatashye atangira kwibaza byinshi ariko atekereza ko afite aho yaraye n’abo bari kumwe.

Ati “Nageze i Kabgayi nje kwivuza bambwira ko uwo twabanaga yapfuye.”

Mukarugambwa Elisabeth Umubyeyi wa Nkundineza yabwiye UMUSEKE ko byamugoye kwakira urupfu rw’umwana we.

Ati: “Ntabwo urupfu rwe rwumvikana ni gute umuntu woganaga  n’abandi  yageza ubwo yitabimana abo bari kumwe mu mazi ntibabimenye?”

Gusa uyu mubyeyi avuga ko ategereje ibiva mu iperereza,  kubera ko asanzwe azi ko umwana we nta kibazo yagiraga.

Umuyobozi wungurije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Muhanga  Mugabo Gilbert avuga ko ari ubwa mbere iyi mpanuka yo muri Piscine hano iMuhanga ibaye.

Yagize ati: “Iperereza ryatangiye dutegereje ikivamo.”

Bamwe mu babonye igihe Nkundineza yagiriye muri Piscine bavuga ko yatangiye koga asanzemo abandi bantu, bakibaza impamvu batigeze babona Nkundineza arohama kugeza ubwo bahamusize bagataha.

Umwe yagize ati: “Abarimo bose bogeraga hejuru y’umurambo we, gusa bishoboke ko batigeze bawubona.”

Ubwo twakoraga iyi Nkuru twamenye ko abantu 3 barimo abakora muri Bar iri hafi ya Piscine, umukozi ushinzwe imirimo yayo ndetse n’uwamutwaye Telefoni bajyanywe n’ubugenzacyaha kugira ngo babisobanure, nubwo nta rwego rwigeze rubivuga.

Umurambo wa Nkundineza Pierre uri mu buruhukiro i Kabgayi kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Nyakwigendera Nkundineza Pierre warohamye muri Piscine

MUHIZI ELISÉE
UMJSEKE.RW/Muhanga

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
7 Comments
  • MUVUNYI says:
    October 24, 2022 at 9:37 pm

    Ariko, ntabwo mu tubwiye niba yarasanzwe azi kwoga. Kuko niba yari asanzwe abizi, biragoye ko yapfa kurohama gifirifiri atavuze. Ikindi, byari saa ngapi? Kuko niba hari ku manywa, amazi ya piscine aba abengerana, ushobora kubona umuntu urimo hasi. Uwatwaye téléphone se we bite? Hanyuma abantu bari kumwe, basangiye, isabukuru, barangiza bakidagadurira hamwe, nyuma bakikubura bagataha batabanje
    gushaka mugenzi wabo ngo bamenye ibye kandi yagiye muri piscine ku manywa bose bareba.
    Mbese, harimo tena, bakurikire rwose.

    Reply
  • MUVUNYI says:
    October 24, 2022 at 9:37 pm

    Ariko, ntabwo mu tubwiye niba yarasanzwe azi kwoga. Kuko niba yari asanzwe abizi, biragoye ko yapfa kurohama gifirifiri atavuze. Ikindi, byari saa ngapi? Kuko niba hari ku manywa, amazi ya piscine aba abengerana, ushobora kubona umuntu urimo hasi. Uwatwaye téléphone se we bite? Hanyuma abantu bari kumwe, basangiye, isabukuru, barangiza bakidagadurira hamwe, nyuma bakikubura bagataha batabanje
    gushaka mugenzi wabo ngo bamenye ibye kandi yagiye muri piscine ku manywa bose bareba.
    Mbese, harimo tena, bakurikire rwose.

    Reply
  • Nsabimana says:
    October 25, 2022 at 1:32 pm

    Abo mugendana siko baba bagukunze umuryango wihangane

    Reply
  • Anonymous says:
    October 27, 2022 at 3:31 pm

    Bikurikiranwe hari ikibyihishe inyuma Nta kabuza! Umuntu apfira ate muri piscine Ari kumwe n’abandi? Ngo barataha ntibamenya ko atatashye !!!! Bareke kubeshya!

    Reply
  • Bertin says:
    October 27, 2022 at 3:32 pm

    Bikurikiranwe hari ikibyihishe inyuma Nta kabuza! Umuntu apfira ate muri piscine Ari kumwe n’abandi? Ngo barataha ntibamenya ko atatashye !!!! Bareke kubeshya!

    Reply
  • Nsengiyumva theo says:
    October 28, 2022 at 9:52 am

    Ahaaa!! bareke kubeshya ahubwo bakurikirane abo abari bajyanye muri univercel kuki mwamenye ko yaje mukirori ariko ntibamenye ko atatashye areke kubeshya?.

    Reply
  • Nsengiyumva theo says:
    October 28, 2022 at 9:52 am

    Ahaaa!! bareke kubeshya ahubwo bakurikirane abo abari bajyanye muri univercel kuki mwamenye ko yaje mukirori ariko ntibamenye ko atatashye areke kubeshya?.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?