BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Polisi yashyikirije inzu 2 yubakiye abatishoboye

Muhanga: Polisi yashyikirije inzu 2 yubakiye abatishoboye

admin
Last updated: December 19, 2022 11:10 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga yashyikirije inzu 2 yubakiye  umukecuru Mukankundiye Athanasie w’imyaka 75 na Muhawenimana Alphonsine.

Mukankundiye Athanasie w’imyaka 75 y’amavuko yashikirijwe inzu yubakiwe na Polisi

Izo nyubako Polisi yubakiye abatishoboye bazitashye mu kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhanga Superintendent Mutembe B. Octave avuga ko ibi bikorwa byo kubakira abatishoboye inzu babifatanyije n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga.

Uyu Muyobozi yasabye abubakiwe inzu kuzitaho no kuzifata neza kugira ngo zitangirika.

Supertendent Mutembe yavuze ko muri uku kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi, bahaye abaturage umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba.

Yagize ati “Inzu twubakiye abatishoboye zirimo ibikoresho byose byo mu rugo kandi twamaze kuzibashyikiriza.”

Abahawe izo nzu bashimiye Ubuyobozi bwa Polisi kubera ko nta macumbi bari bari bafite, bemera ko bazazifata neza.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline avuga ko mu mihigo y’Akarere harimo gutuza  neza abaturage badafite aho baba, bakazirikana ko  umuturage ariwe uri ku isonga.

Ati “Ndashimira Polisi, ndashimira ubufatanye  bwacu nabo kandi ndabizeza ko ibi bizfahoraho.”

Polisi ikaba imaze gutanga imirasire y’izuba ku 278 ku baturage bo mu Murenge Rugendabari, Mushishiro  na Nyarusange.

Supertendent Mutembe agahamya ko abo baturage bahawe  umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba bakaba batangiye gucana.

Abubakiwe inzu bahawe n’ibiryo bizabatunga
Umukecuru Mukankundiye Athanasie avuga ko yishimiye kubona aho aba.
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?