BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Ku Muganura imiryango 33 yasezeranye byemewe n’amategeko

Muhanga: Ku Muganura imiryango 33 yasezeranye byemewe n’amategeko

admin
Last updated: August 6, 2022 1:00 pm
admin
Share
SHARE
Mu Murenge wa Rongi ho mu Karere ka Muhanga ku munsi w’umuganura Imiryango 33 yabanaga mu buryo buremewe yemeye gusezerana byubahirije amategeko, 32 muri iyo yemera kuvanga imitungo, undi uvuga ko uzavanga umutungo muhahano.

Imiryango 33 yabanga mu butyo butemewe yasezeranye byemewe n’amategeko

Umuhango wo kwizihiza umunsi w’umuganura ku rwego rw’Akarere wabereye mu Murenge wa Rongi.

Uyu munsi kandi wahuriranye n’ubukangurambaga inzego zashyize muri  gahunda yo kwigisha Imiryango  yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yemera gusezerana hubahirijwe amategeko.

Iyo miryango irimo abari bamaze  imyaka babana muri ubu buryo bunyuranije n’amategeko agenga abashakanye mu Rwanda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rongi, Nsengimana Oswald yavuze ko iyo imiryango ibanye muri ubu buryo bikurura amakimbirane bigatuma  hari abikubira imitungo bikagira ingaruka mbi ku muryango wose.

Ati “Kubana mu buryo butemewe nk’ubwo aba bemeye gusezerana bari basanzwemo gutuma bamwe bacana inyuma, abandi ntibubahane bigakurira amakimbirane ashobora kuviramo bamwe kwicana.”

Nsengimana yavuze ko abagera kuri 32 bemeye bagiranye amasezerano y’ ivanga mutungo rusange, Umuryango umwe wiyemeza kuvanga umutungo muhahano.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline wari Umushyitsi mukuru, yasabye imiryango yasezeranye kubana mu mahoro, kumenya kubabarirana mu gihe hari umwe wakosheje akemera gusaba imbabazi.

Ati “Ndabasaba kwirinda icyo ari cyo cyose gishobora  kuzana amakimbirane mu muryango kuko bigira ingaruka mbi ku muryango wose.”

Muri uyu munsi w’Umuganura kandi Ubuyobozi bw’Akarere bwashimiye Imiryango 38 yabanaga mu makimbirane ikemera guhinduka ubu ikaba ibanye mu mahoro.

Kayitare n’abandi bayobozi bari kumwe baganuje abana, babaha indyo yuzuye mu rwego rwo kubatoza umuco wo kurwanya imirire mibi, banahabwa amata.

Kayitare yibukije abari aho akamaro k’Umuganura n’impamvu washyizweho, ababwira ko Umuganura uri mu bigize umuco w’abanyarwanda aho bamurikaga ibyo bejeje bakaganuza n’abatagize amahirwe yo kweza.

Muri uyu muhango kandi Imiryango 38 yashimiwe kubera uruhare yagize rwo kureka amakimbirane ikabana mu mahoro.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • gataza emmanuel says:
    August 6, 2022 at 2:35 pm

    Bazabyare Hungu na Kobwa.Ibintu bidushimisha cyane kurusha ibindi Imana yaduhaye,ni Ubukwe no Kubyara.Byombi ni IMPANO y’Imana.Gusa tugomba kwibuka ko Imana ishaka ko Umugore n’Umugabo “baba umubiri umwe” nkuko Intangiriro 2,umurongo wa 24 havuga.Ikibabaje nuko ababyubahiriza aribo bake.Couples nyinshi zicana inyuma,bararwana,bagatandukana,ndetse bakicana.Hali n’ababeshya ko Imana ibemerera gushaka abagore benshi,nyamara Gutegeka kwa kabiri 17,umurongo wa 17 Imana ibitubuza.Niba dushaka kuzaba muli paradizo,tugomba kumvira Imana muli byose,harimo no kubana neza n’uwo twashakanye.

    Reply
  • gataza emmanuel says:
    August 6, 2022 at 2:35 pm

    Bazabyare Hungu na Kobwa.Ibintu bidushimisha cyane kurusha ibindi Imana yaduhaye,ni Ubukwe no Kubyara.Byombi ni IMPANO y’Imana.Gusa tugomba kwibuka ko Imana ishaka ko Umugore n’Umugabo “baba umubiri umwe” nkuko Intangiriro 2,umurongo wa 24 havuga.Ikibabaje nuko ababyubahiriza aribo bake.Couples nyinshi zicana inyuma,bararwana,bagatandukana,ndetse bakicana.Hali n’ababeshya ko Imana ibemerera gushaka abagore benshi,nyamara Gutegeka kwa kabiri 17,umurongo wa 17 Imana ibitubuza.Niba dushaka kuzaba muli paradizo,tugomba kumvira Imana muli byose,harimo no kubana neza n’uwo twashakanye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?