BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Ingo zirenga ibihumbi 20 zigiye guhabwa amashanyarazi 

Muhanga: Ingo zirenga ibihumbi 20 zigiye guhabwa amashanyarazi 

admin
Last updated: November 1, 2022 2:25 pm
admin
Share
SHARE
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko bugiye kwegereza umuriro w’amashanyarazi Imidugudu 79 ituwemo n’ingo 20773.

Imidugudu 79 yo mu Karere ka Muhanga, igiye guhabwa Umuriro w’amashanyarazi.
Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko iyi mibare y’abaturage bazahabwa umuriro w’amashanyarazi , igamije kuzamura igipimo cy’abaturage kuko abawufite bakiri ku rwego rwo hasi.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline yabwiye UMJSEKE ko barimo gukora ibishoboka byose kugira ngo umwaka wa 2024 uzagere abatuye aka Karere bose bafite amashanyarazi.

Yagize ati “Abafite amashanyarazi mu Karere bageze kuri 55,43%, uyu mubare uracyari hasi.”

Kayitare yavuze ko uko bazagenda babona ubushobozi, aribyo bizatuma bagera ku ntego biyemeje.

Ati “Dufite indi gahunda yo kwegereza umuriro w’amashanyarazi abaturage benshi batuye mu bice by’icyaro, uzaterwa inkunga na Banki y’u Rwanda itsura amajyambere (BRD).”

Uyu Muyobozi akavuga ko uwo muriro ari ukomoka ku mirasire y’izuba.

Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko imirimo yo guha abaturage amashanyarazi,  yatangiye mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka wa 2022, ikazatwara amezi 18.

Ubuyobozi bukavuga ko umuriro ukoreshwa n’imirasire y’izuba, abazawuhabwa Leta izashyiramo nkunganire  hakurikijwe ibyiciro by’ubudehe abaturage babarizwamo.

Abo mu cyiciro cya mbere Leta izajya ibishyurira nkunganire ya 90% ariko imirasire bazahabwa ikaba itazarenza ibihumbi 100 by’amafaranga y’uRwanda.

Abo mu cyiciro cya 2 bazahabwa nkunganire ya 70%, naho abo mu cya 3 bahabwe nkunganire ya 45% by’agaciro ku murasire.

UMUSEKE wamenye amakuru ko  imirimo yo guha abaturage amashanyarazi, mu gihe cy’amezi 18, izarangira itwaye miliyari 10 z’uRwanda.

Gusa abatuye mu  Midugudu yo mu Murenge wa Rugendabari nibo bagize umubare munini w’abazahabwa amashanyarazi, ugereranyije n’indi Midugudu yo mu Mirenge 11 isigaye.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?